• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
15/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
15/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
15/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
15/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
15/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
15/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
15/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha

Kamonyi-Runda: Basaba ubuyobozi kubafasha abangiza imihanda bitwaje imicanga

Umwanditsi
March 13, 2022

Abaturage bo mu Kagari ka Muganza, Umurenge wa Runda, unyuze ahazwi nka Rwamushumba, bahangayikishijwe n’iyangizwa ry’umuhanda baturiye, rikorwa n’imodoka nini ziza gutunda imicanga zizanywe n’abayicukura bayishyira mu muhanda udakwiranye n’ingano n’uburemere bw’izi modoka. Bavuga ko umuhanda wa mbere izi modoka zakoreshaga zawangije none bakaba baradukiriye uwo baturiye ari nawo uteje ibibazo kuko kuwangiza ariko kubafungira inzira.

Aba baturage, bahamya ko uburyo abahawe uburenganzira bwo gucukura imicanga iba yabonetse bitewe n’imvura aha hantu, batita ku kubungabunga ibikorwa remezo nk’imihanda iba yavunnye abaturage mu kuyitunganya. Bavuga ko usanga bashyira imicanga aho bashaka batitaye ku kubangamira abahaturiye.

Imodoka ntoya ntabwo zicyoroherwa no guca muri uyu muhanda.

Bavuga ko ubusanzwe aho mbere bashyiraga imicanga bacukuye imodoka nini zikaza kuyitunda, hari umuhanda utari ugize icyo utwaye abaturage kuko ukikiye igishanga bakaba batanawuturiye, ariko imodoka ngo zimaze kuwangiza barawuretse basingira ushobora guteza ibibazo abaturage, kuko ariho barunda imicanga izi modoka bakaba ariho baziyobora. Bamwe mu bafite imodoka ntoya bashatse aho kujya baziraza.

Basaba ubuyobozi kugira icyo bakora, niba abahawe gucukura umucanga badashobora gushakira imodoka bazana aho zinyura, nibura ngo bakagira uruhare mu gusanga ibyo bangiza cyangwa se bagashakirwa ahandi barunda imicanga yabo, aho kwangiza ibyo abaturage bavuga ko usanga bibagiraho ingaruka ndetse rimwe na rimwe bakaba aribo barwana no kubisana bene kwangiza bashyize mu mifuka yabo bakigendera.

Iyo imvura igwa byo biba ibindi bindi.

Niyongira Uzziel, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu wageze aho aba baturage bavuga ko bafite ikibazo akahahurira n’umunyamakuru wa intyoza.com, avuga ko koko yasanze hari ikibazo kandi ko nk’Akarere bagiye gushaka igisubizo vuba.

Visi Meya Niyongira, avuga ko ari ikibazo kuba umuhanda wa mbere bakoreshaga barabonye bawangije none bakaba barafashe uyu wundi ukoreshwa cyane n’abaturage. Avuga ko bagiye kureba uko baganira n’abacukura uyu mucanga, banarebe niba bafite ibyangombwa, hanyuma barebere hamwe n’ubuyobozi, hakorwe aho bakoreshaga mbere hatari hagize icyo hatwara abaturage, hanyuma kandi banarebe ahandi hari umuhanda utari ugikoreshwa, bakore umuganda bahatunganye ariko abaturage batabangamiwe.

Uretse kuba aba baturage bataka kwangirizwa ibikorwa remezo birimo umuhanda, aho bikorwa n’izi modoka nini ziba zizanwa gutwara imicanga, banavuga ko kimwe mu bibazo bikomeye kandi bihangayikishije ari uburyo abantu bahabwa ibyangombwa bicukura imicanga ariko nti hashyirweho uburyo n’ahantu haberanye n’ibyo bagiye gukora kugira ngo bitaba ibibangamiye abaturage. Ibi kandi banabishingiraho bavuga ko byinshi mu biraro n’amateme muri aka Karere bimaze kwangirika bitewe no kunyuzwaho imodoka nini usanga kenshi zipakiye imicanga, bityo uburemere bwazo bukaba ntaho buba buhuriye n’ibyakanyujijwe kuri ibi biraro n’amateme.

intyoza

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5797 Posts

Politiki

4048 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga