• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
08/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
08/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
08/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Ngororero: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo batashye ibiro by’Umudugudu utarangwamo icyaha

Umwanditsi
June 13, 2018

Kuwa kabiri tariki ya 12 Kamena 2018, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Munyantwari Alphonse ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP Juvenal Marizamunda batashye ku mugaragaro ibiro by’umudugu utarangwamo icyaha wa Mituga, mu kagari ka Rugendabari, mu murenge wa Hindiro. Hari kandi n’abaturage benshi b’uwo mudugudu n’abaturanyi babo bagera ku bihumbi bitatu.

Ibi biro by’Umudugudu byatashywe bigizwe n’ibyumba bitatu harimo icy’umukuru w’umudugudu n’umwungirije ushinzwe umutekano ndetse n’icyumba kinini kijyamo abantu 60 n’intebe zateganyirijwe kwicarwaho n’abaturage. Iyi nyubako kandi irimo na Televisiyo n’umuriro w’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba bahawe na Polisi y’u Rwanda bikazajya bibafasha kureba amakuru n’ibindi biganiro no kungurana ibitekerezo.

Uyu mudugudu watashywe ku mugaragaro ni umwe muri itanu yari iherutse gutangizwa kubakwa mu gihugu hose mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda ihuriramo n’abaturage n’abandi bafatanyabikorwa bayo.

Umuyobozi w’Intara y’I Burengerazuba Munyantwari Alphonse wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yasabye abaturage b’Umudugudu wa Mituga kubyaza umusaruro iyi nyubako yabo, bakaza kureba amakuru kuri televiziyo abera hirya no hino mu gihugu kugira ngo biyungure ubumenyi. Yakomeje ashimira Polisi y’u Rwanda kubera iyi nyubako y’umudugudu ukuntu yihutishijwe; asaba abaturage kutirara ahubwo bagakomeza kugira uruhare mu gucunga umutekano kuko ariwo nkingi y’iterambere.

Guverineri Munyantwari.

Yakomeje asaba abaturage b’uyu mudugudu gukomeza guharanira  kwikemurira ibibazo hagamijwe imibereho myiza yabo irimo kugira ibikorwa remezo nk’amazi meza ndetse bagaharanira ko abana babo biga ntibave mu mashuri.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, we yavuze ko ubufatanye n’abaturage aribwo bwatumye iyi nyubako y’umudugudu wabo yuzura vuba. Yasabye abaturage kujya baza muri iyi nyubako bakahataramira bakaganira ku cyabateza imbere aho gupfusha umwanya ubusa bari mu bindi bikorwa bidatanga umusaruro bakirinda no kuryama kare no gutakaza igihe.

Yasoje abasaba gukomeza gusigasira umutekano kuko ariwe shingiro rya byose, abasezeranya ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gufatanya nabo mu bikorwa bigamije imibereho myiza yabo.

Nsanzimana Jean Damascene, umuyobozi w’umudugudu wa Mituga, yavuze ko abaturage be bishimiye ibi biro by’umudugudu  bubakiwe na Polisi y’u Rwanda; asoza avuga ko uzabagirira akamaro haba mu kwakirira abaturage ahantu heza hajyanye n’igihe ndetse n’umuriro na Televiziyo birimo bikazafasha abaturage kumenya amakuru, no gushyira umuriro muri za terefone bityo bagahanahana amakuru na bagenzi babo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga