• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
03/03/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku

Ingabo z’ubumwe bwa Afurika n’iza Somariya zigaruriye aho Al-Shabab yari yarafashe

Umwanditsi
August 20, 2017

Igice cya Bariire cyari kimaze iminsi kiri mu maboko ya Al-Shabab, kuri uyu wa gatandatu cyagiye mu maboko y’ingabo za Somaliya zifatanije n’ingabo za Afurika yunze ubumwe nyuma y’Imirwano.

Ingabo z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika ziri kumwe n’Ingabo z’igihugu cya Somaliya, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Kanama 2017 zigaruriye umujyi wa Bariire uri mu majyepfo ya Somaliya, iki gice cyari gisanzwe mu maboko y’umutwe w’abarwanyi wa Al-Shabab.

Abayobozi b’Ingabo za Somaliya, batangaza ko abarwanyi b’umutwe wa Al-Shabab bahunze uyu mujyi wa Bariire bari barigaruriye nyuma y’imirwano ikomeye ku bitero bagabweho n’izi ngabo. Iyi mirwano ngo yabereye hanze y’umujyi, Abayobozi b’Ingabo za Somaliya, batangaza kandi ko bateye Al-Shabab banyuze mu mpande eshatu z’uyu mujyi wa Bariire.

Bariire,ni umujyi ubusanzwe uri mu birometero 45 ugana mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Somaliya, I Mogadisho, hari harigaruriwe n’abarwanyi b’umutwe wa Al-Shabab. Bivugwa ko abanyagihugu 7 aribo bashobora kuba baraguye muri izi ntambara mu gihe abandi bane ngo bakomeretse.

Ibiro by’umukuru w’Igihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika nkuko amakuru dukesha ijwi rya Amerika abivuga, ngo byahaye uburenganzira Abasirikare ba Amerika bwo kugaba ibitero ku barwanyi ba Al-Shabab bakorana na Al-Qaida muri Somaliya. Ikimenyetso cy’uko Perezida Donald Trump yakomeje umugambi we ku bijyanye no gukoresha ingufu za gisirikare muri aka karere.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5932 Posts

Politiki

4181 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga