• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho
04/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
04/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
04/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage

Kamonyi: Umugabo aguye mu musarane awuvidura

Umwanditsi
May 7, 2019

Ngendahayo Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko, kuri uyu wa 7 Gicurasi 2019 mu ma saa mbiri z’ijoro apfuye aguye mu musarane aho bikekwa ko azize Gaz y’umusarane yaviduraga.

Mpozenzi Providence, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira yahamirije intyoza.com ko amakuru y’urupfu rwa Emmanuel Ngendahayo ari impamo. Avuga ko Nyakwigendera yari mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Buhoro ho mu Murenge wa Musambira avidura umusarane.

Gitifu Providence, avuga kandi ko uyu Nyakwigendera bakeka ko urupfu rwe rwatewe na Gaz yo mu musarane yarimo avidura yaba yamukuruye. Uyu musarane ngo ufite Metero 8 z’ubujyakuzimu.

Nyakwigendera Emmanuel ni mwene Mihanda Straton na Mukaruziga Agnes. Apfuye asize umugore we n’abana babiri.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Musambira bwabwiye intyoza.com kandi ko habaye aho kwiyambaza ubutabazi bwa Polisi y’u Rwanda kugira ngo Nyakwigendera abashe gukurwa muri uyu musarane. Polisi n’ibikoresho byayo kabuhariwe kimwe n’ababigize umwuga mu butabazi bahageze mu ma saa sita z’iri joro tariki 8 Gicurasi 2019 bahita batangira ubutabazi.

Munyaneza Theogene /intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5934 Posts

Politiki

4183 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1043 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga