• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Corona Virus: Urahitamo gufungwa, gucibwa amande cyangwa kuguma mu rugo ukarinda ubuzima bwawe

Umwanditsi
March 24, 2020

Nyuma y’amabwiriza yatanzwe na Leta hagamijwe gukumira no kwirinda icyorezo cy’indwara ya Corona Virus, Polisi y’u Rwanda iravuga ko amategeko n’amabwiriza bigomba gukurikizwa bitaba ibyo uwabirenzeho (uwanze kuguma mu rugo) agafatwa, agafungwa cyangwa agacibwa amande.

Amwe mu mabwiriza yatanzwe na Leta kandi buri wese asabwa kubahiriza arimo nko; Gusaba buri wese kuguma mu rugo, Kudakora ingendo zidakenewe, Guhagarika ingendo ziva mu karere zijya mu kandi, Gufunga utubari, Abamotari kudatwara abagenzi, Ifungwa ry’imipaka, Amadini n’insengero, Ibyumba by’amasengesho kimwe n’izindi ngamba zitandukanye, zose zigamijwe ubwirinzi kuri iki cyorezo cya Covid-19.

Mu butumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco yagize ati “ Turabasaba yuko baguma mu ngo zabo kandi twabibasabye inshuro nyinshi, amabwiriza arabivuga neza, abayobozi batandukanye mu nzego z’Igihugu bagiye kuri Radiyo, bagiye kuri Televiziyo, abapolisi batanga ibiganiro hirya no hino, Turabasaba yuko baguma mu ngo zabo”.

Akomeza avuga ko nta mpamvu ishobora gutuma umuntu ashobora kugenda akandura icyo cyorezo, nta mpamvu yo kujya kucyanduza abandi, nta n’impamvu zo kujya gufungwa.

CP Kabera, asaba abantu kwikunda kandi bagakunda ubuzima bwabo n’ubwabagenzi babo kugira ngo iki kibazo abantu bagisohokemo neza. Asaba abantu kureka kubeshya inzego z’umutekano ku mpamvu zitumye bava iwabo. Abasohoka bashaka Serivise zitandukanye avuga ko hashyizweho uburyo bwo kugenzura niba koko izo mpamvu arizo zibajyanye, niba batabeshya.

Ku bantu babeshya, batumvira amabwiriza yatanzwe mu kwirinda iki cyorezo, avuga ko waba utwaye ikinyabiziga mu muhanda biragenzurwa ni basanga ubeshya urafatwa ukanacibwa amande kandi ujyanwe kuri Sitasiyo ya Polisi ufungwe. Asaba buri wese kwirinda kugwa mu mutego wo kunyuranya n’amabwiriza kimwe no kwirinda kubeshya kuko ngo uwo bigaragaraho ari buhanwe bikabera n’abandi urugero.

Amabwirizaya Leta:

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga