• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Umujyi wa Kamembe ubuzima burasa n’ubwahagaze, gahunda ni “Guma mu rugo-lockdown”

Umwanditsi
June 4, 2020

Nyuma y’uko Akarere ka Rusizi gashyizwe mu kato, ingendo zakomorewe ahandi ho zigahagarikwa, kuri uyu wa 04 Kamena 2020 imwe mu mirenge y’aka karere harimo n’umujyi nyiriziza yashyizwe muri gahunda ya “ Guma mu rugo-Lockdown”. Abaturage basabwe kutava mu ngo zabo bitewe n’icyorezo cya Covid-19 kirimo kwiyongera cyane muri aka gace.

Ibikorwa byose by’ubucuruzi muri uyu mujyi byahagaritswe uretse gusa inzu zicuruza imiti (Pharmacy) ndetse n’abacuruza ibiribwa. Iki ni icyemezo kije nyuma y’aho mu minsi ibiri yikurikiranya habonetse abarwayi 18 ba Covid-19, barimo 13 baraye batangajwe ku munsi w’ejo naho batanu bari babonetse ku munsi ubanziriza ejo.

Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kuri mikoro za RBA, yavuze ko buri muntu wese akwiye kumva uburemere bw’iki kibazo, ko amabwiriza yashyizweho atari ay’umurimo, atari ayo kubarushya ahubwo ko ibintu bikomeye kandi ibikorwa bikaba ari ukurinda ubuzima bwa buri wese.

Yagize kandi ati“ Mu minsi ibiri ukabona abantu basaga 20 mugace kamwe kangana amara, biba bikwereka ko ikibazo gikomeye cyane. Turabizi Abanyarusizi bakunda gucuruza no kwirwanaho no gushaka amafaranga cyane, ariko ayo mafaranga nibabe bashyize ku ruhande barinde ubuzima bwabo bagume mu rugo, bubahirize amabwiriza”.

Uretse inzego z’ubuyobozi zitandukanye ziri muri kariya karere, Minisitiri shyaka yavuze ko hari n’inzego zavuye ku rwego rw’Igihugu zamatse mu gutera ingabo mu bitugu abahasanzwe kugira ngo basubize ibibazo byari biri mu ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza hagamijwe kurinda Abanyarwanda.

Imirenge yashyizwe muri gahunda ya “ Guma mu rugo-Lockdown”, ni Umurenge wa Kamembe, Nyakarenzo, Mururu, n’igice cya Gihundwe. Iyi gahunda byatangajwe ko izamara nibura ibyumweru bibiri. Abakozi ba Leta n’abikorera basabwe gukorera akazi mu rugo uretse abo bigaragara ko Serivise batanga zikenewe cyane.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga