• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
03/03/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku

U Rwanda n’u Burundi byavuze ku mpunzi ziri I Mahama zishaka gutahuka

Umwanditsi
August 4, 2020

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’impunzi z’abarundi zibarirwa muri magana atatu zo mu nkambi ya Mahama mu Rwanda zandikiwe Perezida w’u Burundi, zisaba ko zibafashwa gutahuka. Bamwe mu bayanditse, bavuga ko babona ko igihe kigeze ngo batahe.

Mu gihe Leta z’ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi umubano utifashe neza muri iyi minsi, ntabwo byabujije ko buri gihugu kigira icyo kivuga ku cyifuzo cy’izi mpunzi. Binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga buri gihugu cyatangaje ko kiteguye gufasha impunzi zibyifuza gutahuka.

Minisiteri y’ubutegetsi n’umutekano y’u Burundi, ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko itegereje ko ibaruwa y’izi mpunzi igera kuwo yandikiwe kugira ngo bategure gutahuka kwabo “gukwiriye kandi kwemewe n’amategeko vuba bishoboka“.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi y’u Rwanda, itavuze iby’izi mpunzi by’umwihariko, yatangaje kuri Twitter ko yiteguye “gufasha gutahura abahisemo gutaha ifatanyije na UNHCR na za guverinoma bireba“.

Gusa kugira ngo impunzi zitahe habaho kuganira kw’impande eshatu, ibi bihugu uko ari bibiri ndetse na UNHCR, bakumvikana ibitarakorwa kugeza ubu.

Icyo Leta y’u Burundi yavuze kuri izi Mpunzi.

Mu mpunzi z’Abarundi zimaze igihe zitahurwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) nta ziva mu Rwanda zirimo.

Icyo Leta y’u Rwanda yavuze ku byifuzo by’izi mpunzi.

U Rwanda ni igihugu cya gatatu kirimo impunzi nyinshi z’Abarundi, zigera ku 72,000 – inyuma ya Tanzania na DR Congo. Benshi muri aba bahunze nkuko BBC ibitangaza, imidugararo ya politiki yo mu 2015.

Munyaneza Theogee / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5932 Posts

Politiki

4181 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga