• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
03/03/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku

Imyuzure ikabije yibasiye abantu 760.000 muri Afurika y’Iburengerazuba no Hagati

Umwanditsi
September 12, 2020

Umunyeshuri wo muri Nigeria, Hachimou Abdou, byabaye ngombwa ko afata ubwato ava ku masomo ubwo amazi y’umugezi yatembaga muri Kaminuza mu murwa mukuru Niamey, umwe mu bantu bagera ku 760.000 bahuye n’umwuzure ukabije mu byumweru bishize mu bice bya Afurika y’iburengerazuba no hagati.

Imyizure ikunze kugaragara mu gihe cy’imvura, ariko mu myaka yashize imihindagurikire y’ikirere, iyangirika ry’ubutaka hamwe na gahunda mbi z’imijyi byatumye habaho ibiza kenshi kubera ko imijyi ikura vuba ituma habaho imvura nyinshi.

Burkina Faso, Cameroun, Tchad, Ghana, Niger, Mali, Nigeria, Repubulika ya Kongo na Senegale biri mu byibasiwe cyane muri uyu mwaka, hapfa abantu nibura 111, nk’uko imibare iheruka gutangwa n’ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi ( OCHA) ubigaragaraza.

Amazi ntaragabanuka mu bice bya Niamey, kuva imvura idasanzwe yagwa muri Kanama, yatumye imigezi irenga ku nkombe zayo, isenya amazu agera ku 32.000 na hegitari 5.768 z’ubutaka muri Nigeriya.

Abdou yagize ati: “Ngomba kugera muri kaminuza mfashe ubwato cyangwa nkagenda mu mazi”.
Umyuzure hirya no hino muri Nigeriya kugeza ubu imaze kwibasira abantu bagera ku 333.000. Abantu barenga 188.000 bibasiwe nayo muri Tchad , OCHA iburira ko ibura ry’ibiribwa rishobora guterwa n’ubutaka bwangijwe n’imyuzure.

Umuyobozi wa OCHA muri Afurika y’Iburengerazuba no hagati, Julie Belanger, yatangaje ko hateganijwe kugwa imvura nyinshi, cyane cyane muri Afurika yo hagati, ibintu avuga ko biteye ubwoba.

Ubushobozi bw’abaturage bwo guhangana n’ibiza, ibura ry’ibiribwa no kwimurwa kwinshi mu turere tumwe na tumwe. Abantu barenga miliyoni 25 bakeneye ubufasha bw’ikiremwamuntu mu gace ka Sahel karimo ihohoterwa, karimo Niger, Tchad na Mali.

Ati: “Benshi muri abo baturage baba mu turere dukunze kwibasirwa n’umwuzure.”Belanger yagize ati:” Indwara zishobora gukwirakwira vuba imyuzure imaze gutuma amazi meza abura n’isuku iba nke.
Source: Reuters

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5932 Posts

Politiki

4181 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga