• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Leta ya Misiri mu mugambi wo gukora urukingo Sinovac rwa Covid-19

Umwanditsi
March 23, 2021

Guverinema ya Misiri ifite icyizere cyo kuzabasha kusinya amasezerano na sosiyeti y’Ubushinwa Sinovac Biotech Ltd (SVA.O) mbere y’impera z’uku kwezi kwa gatatu, kugirango urukingo rwayo rwa virusi ya corona rukorerwe mu Misiri.

Minisitiri w’ubuzima Hala Zayed yavuze ko ibiganiro hagati y’impande zombi bigeze kure, kandi ko Misiri yasabye guverinema y’Ubushinwa gufasha mu bijyanye n’ibiciro by’uruganda mu gukora urwo rukingo.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru afatanyije n’ambasaderi w’Ubushinwa i Kayiro, Zayed yavuze ko Misiri yizeye kuzaba ihuriro ry’inganda zikora urwo rukingo, byaba k’urwakoreshwa mu karere cyangwa ku mugabane wose w’Afurika. Nta bisobanuro birenze byatanzwe.

Sosiyeti ya Sinovac nkuko Ijwi rya Amerika ribitangaza, yatanze miliyoni 160 z’inkingo zayo za COVID-19, mu bihugu 18 n’ibindi byo mu karere harimo n’Ubushinwa nk’uko umuyobozi mukuru w’iyo sosiyeti yabivuze kuri uyu wa mbere.

Misiri yakiriye inkingo za Sinovac, ariko yatse n’izindi 650,000 zakozwe n’indi sosiyeti y’imiti y’igihugu cy’Ubushinwa, Sinopharm. Minisitiri Zayed yavuze ko Misiri yiteguye gufatanya n’amasosiyeti y’Ubushinwa akora inkingo nshya za virusi ya corona, mu cyiciro cya gatatu cy’igeragezwa ryazo. Misiri yanafatanyije mw’igeragezwa ry’inkingo za Sinopharm mu mwaka ushize.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga