• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Umuco wacu muwurinde ico-Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi

Rwamagana: DASSO yakubitiwe inyundo mu rugo rw’umuturage bari bagiye gukangurira kwikingiza Covid-19

Umwanditsi
January 26, 2022

Kuri uyu wa Kabiri Tariki 25 Mutarama 2022, mu Mudugudu wa Mugusha, Akagari ka Bwisanga, Umurenge wa Gishari, Akarere ka Rwamagana, ubuyobozi bwagiye mu rugo rw’abantu barenga 10 ku bakangurira kwikingiza Covid-19. Aho kwakirwa neza, Nyiri urugo yeguye inyundo ayikubita mu mutwe DASSO wari kumwe n’aba bayobozi. Abagize uru rugo bose nta n’umwe urakingirwa Covid-19 biturutse ku myemerere yabo y’idini bavuga ko ritabemerera kwikingiza.

Nkuko Radio&TV10 dukesha iyi nkuru ibisobanura, ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana n’inzego bafatanya, bamaze iminsi mu gikorwa cy’ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage batarikingiza kubikora.

Muhinda Augustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, atangaza ko umugabo nyiri uru rugo yahengereye ubwo bari kuganiriza umwe mu bana be ahita azana inyungo “ayikubita DASSO mu mutwe inyuma”.

Gitifu, akomeza avuga ko nyuma y’uko uyu mugabo nyiri urugo akubise DASSO inyundo mu mutwe, mu kumufata, abandi bo muri uru rugo barimo n’umugore we bahise bafata amasuka n’ibiti barwanya izi nzego.

Avuga kandi ko ubwo ibi byabaga, aba bayobozi bagerageje kubaturisha, nyuma bahita bashyikiriza uyu mugabo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB mu gihe uyu mu DASSO wakubiswe inyundo atakomeretse cyane.

Muhinda, avuga ko uyu muryango ujya gusengera mu itorero ryo mu Karere ka Gicumbi kandi ko basanzwe batitabira gahunda za Leta. Ati“ Ni abantu batajya bafata indangamuntu, ntibishyura mituweli. Mbese ni abantu batemera gahunda za Leta, gusa turi kubaganiriza kugira ngo turebe icyo bitanga”.

Photo/internet

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5933 Posts

Politiki

4182 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga