• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/07/26
Kamonyi-Gacurabwenge: RIB yafunze abantu 5 barimo Gitifu w’Akagari na Mudugudu
28/07/26
Abanyamakuru barasabwa kutitandukanya n’Ubunyamwuga
28/07/26
Kamonyi: Urutonde rw’Amazina y’abantu 9 bapfiriye mu mpanuka ndetse na 13 bayikomerekeyemo
28/07/26
Ibyapa byo mu muhanda si Imitako yo ku nkingi-ACP Boniface Rutikanga

Kamonyi/Musambira: Bamaze amezi asaga atatu batakamba ngo bakizwe imodoka batazi ibyayo

Umwanditsi
May 5, 2019

Bamwe mu baturage bo mu isantere y’ubucuruzi ya Musambira bavuga ko bahangayikishijwe n’ikimodoka cy’igikamyo kimaze igihe kirenga amezi 3 giparitse cyarafunze inzira. Bavuga ko batakambiye ubuyobozi ariko bukaba bwarabimye amatwi.

Bamwe muri aba baturage babwiye intyoza.com kuri uyu wa 3 Gicurasi 2019 ko ikimodoka cy’igikamyo batazi nyiracyo kimaze amezi menshi cyarafunze inzira iri impande y’umuhanda wa Kaburimbo. Bahuriza ku kuvuga ko babangamiwe kugeza n’ubwo ngo batakambiye kenshi ubuyobozi ariko bukicecekera.

Ahari hateye ibyatsi niho hasigaye haraciwe inzira.

Umwe muri bo ati ” Iki kimodoka kimaze igihe hano. Cyafunze amayira kuko aho kiri hatunganijwe ngo nk’abanyamaguru tuhakoreshe ndetse n’abanyamagare, none reba na biriya byatsi bikikije umuhanda ntabigihari kuko niho hagizwe inzira. Twabwiye ubuyobozi kenshi ariko bwatwimye amatwi kuko ntacyo burakora”.

Undi ati ” Kirabangamye cyane kuko n’aho kiri gikingirije abikorera ibikorwa byabo kandi kikaba no mu nzira, abatuye n’abakorera hano bakoresha. Ntabwo tuzi impamvu kidakurwaho kuko niba nyiracyo atazwi cyangwa se yarabuze Polisi yakagitwaye aho ishyira ibindi bimodoka byose ariko ikakidukiza kuko turabangamiwe”.

Providence Mpozenzi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musambira yahamirije intyoza.com ko iki kimodoka koko kibangamiye abaturage kuko cyafunze inzira yabo. Gusa avuga ko nk’ubuyobozi batanze raporo bakaba bagitegereje icyakorwa.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko ikibazo cy’iki kimodoka kibangamiye abaturage inzego zitandukanye mukarere zirimo na Polisi ziyazi, ko kandi izi nzego zagiye zizeza ko ngo bagiye gukuraho iyi kamyo ariko aho byaheze hibazwaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6005 Posts

Politiki

4251 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1064 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga