• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
04/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
04/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
04/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka

Bwa mbere mu mateka Kiriziya Gatolika yagennye umugore kuba muri Sinodi y’Abepiskopi

Umwanditsi
February 7, 2021

Ku nshuro ya mbere mu mateka ya Kiliziya Gatolika, Papa yagennye umugore nk’icyegera cy’umunyamabanga w’inama nkuru y’Abeposkopi.

Umubikira Nathalie Becquart, uturuka mu Bufaransa, azaba afite uburenganzira bwo gutora muri iyo nama, isanzwe ihanura/igira inama Papa kandi ikaganira ku bibazo bimwe na bimwe by’ingenzi muri Kiliziya Gatolika.

Umubikira Becquart yari asanzwe akorana n’iyi sinodi y’Abepiskopi (inama nkuru y’abasenyeri yiga ibibazo nkoramutima bya Kiliziya Gatolika) kuva mu 2019 nk’umujyanama.

Umunyamabanga mukuru w’iyi nama nkuru, Kardinali Mario Grech avuga ko iri genwa ryerekana ko “umuryango wuguruye”.

Avuga ko iyi ngingo yerekana ko Papa yifuza ko “abagore bagira uruhare runini mu gufata ibyemezo muri Kiliziya”.

Umunyamakuru wa BBC John McManus, avuga ko iyi ngingo iterekana ko abagore bashobora Kugenwa ku mwanya w’ubusaserdoti, n’aho bamwe mu badashima iyi ngingo babona ko ariho ibintu bishya bishyira.

Luis Marín de San Martín, umupadiri wo muri Esipanye, nawe yagenywe kuba icyegera cy’umunyamabanga w’iyi nama.

Muri ino myaka ishize, Sinodi y’Abepiskopi yaganiriye ku bibazo nkoramutima bijyanye n’ukwemera kwa Kiliziya, harimo ikibazo cy’uburyo bakwiye gufata Abakatolika bubatse n’abapfakaye.

Iyi ngingo ije haciye igihe kidashyika ku kwezi Papa Francis ahinduye itegeko rya Kiliziya kugira ngo yemerere abagore gusangiza no kuyobora gahunda zo kuri Aritari, n’aho iri tegeko rishimangira ko ibanga ry’ubusaserdoti rikomeza kuba iry’abagabo gusa.

Hagati aho, BBC ikomeza itangaza ko mu mwaka ushize, Papa yagennye abagore batandatu mu nama nkuru ishinzwe gukurikirana ikigega cya Vaticani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5957 Posts

Politiki

4205 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga