• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/03/26
Kamonyi: Hatangijwe gahunda yihariye, idasanzwe yahawe izina,“ TUGANIRIRE MU MUDUGUDU”
03/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
03/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
03/03/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku

Muhanga: Abarimu barishijwe nabi iminsi mikuru batangiye kubona ubutumwa bw’umushahara

Umwanditsi
January 5, 2022

Hashize iminsi, guhera mu bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2021 dukurikirana impamvu zatumye abarimu batabasha guhemberwa rimwe n’abandi bakozi b’akarere ka Muhanga, ibyo bavugaga ko byatumye barishwa nabi Noheli na Bonane. Nyuma y’umunsi umwe hasohotse inkuru ku kwitotomba kwabo bagaragaza ko barishijwe nabi iyi minsi mikuru, abambere batangiye kubona ubutumwa bw’uko umushahara wamaze kugera kuri Konti bahemberwaho.

Bamwe muri aba barimu bongeye kuganira na intyoza.com bashima ubuvugizi bakorewe mu kwibutsa ko barishijwe iminsi mikuru isoza umwaka nabi, ubwo basozaga ukwezi kwa 12 umwaka ushize badahembwe nk’abandi bakozi.

Umwe muri bo ati” Mwakoze kuba mwaratuvuganiye tukaba duhembwe, dore dutangiye kubona ubutumwa. Gusa nti bagatinde kuko dufite imiryango yo kwitabwaho cyangwa nabo bajye bareka guhembwa”.

Soma hano inkuru bijyanye, ubwo bavugaga ko barishijwe nabi iminsi mikuru isoza umwaka;Muhanga: Abarimu barataka kurishwa nabi iminsi mikuru isoza umwaka

Zimwe mu mpamvu twari twabwiwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Mugabo Gilbert, yagarukaga ku bijyanye nuko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi (REB) arirwo rutanga abakozi maze akarere kakabatuma ibyangombwa bibinjiza mu kazi, harimo n’ibigaragaza ko batafunzwe(Etrait du Cassier Judiciaire), hakaba ubwo batinda kuyibona bigatinza abandi kubera ko batahemba bamwe ngo abandi basigare.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. HAVUGIMANA THADÉE says:
    January 6, 2022 at 9:27 am

    Mutubarize na Nyamasheke icyabaye ku buryo ukwezi kugera aha tutarahembwa ukwa 12 /2021.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5932 Posts

Politiki

4181 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1042 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga