• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/26
Kamonyi: Abarerera mu ishuri“Legacy Academy” barishimira Uburezi n’Uburere bihabwa abana babo
15/07/26
Gisagara-Save: Hamenwe Litiro zirenga 3,000 z’inzoga zitujuje ubuziranenge
15/07/26
Kamonyi-ECOSE: Ishuri ritanga Uburezi n’Uburere rigafasha kuvumbura no gukuza impano z’abana mu mikino
15/07/26
Nyamagabe: Polisi n’izindi nzego bakanguriye abaturage gukumira ibyaha no kurwanya inkongi z’umuriro

Gufuhira umugore we, bimutaye muburoko binamutangisha akayabo k’amafaranga

Umwanditsi
March 7, 2017

Umugabo wananiwe kurinda ifuha rikabije agirira umugore we kubwo kutamwizera, yatawe muri yombi na Polisi nyuma yo guhuruza abazimya umuriro akeka ko byamufasha kumenya ko umugore we atamuciye inyuma aho gutabarwa birangira ayobowe inzira igana gereza.

Umugabo utuye ahitwa Saint-Dié mu gihugu cy’ubufaransa, yatawe muri yombi na Polisi azira kubeshya abashinzwe kuzimya inkongi z’imiriro bagahurura baziko iwe hahiye kandi ari ikinyoma yahimbye ngo agamije gusuzuma niba umugore we yaba ataryamye mugituza cy’umuturanyi.

Ahagana ku isaha y’isaa kumi n’iminota mirongo itatu z’urukerera, umugabo yakoze kuri terefone y’ubutabazi, ahamagara abashinzwe kuzimya inkongi y’umuriro avuga ko iwe hafashwe n’inkongi ariko ngo ibi byari ikinyoma kigendereye ku kumenya niba umugore we ari murugo, ko yaba atiryamiye mugituza cy’umuturanyi kuko ngo atamushiraga amakenga kubera ifuhe.

Abashinzwe kuzimya umuriro basaga 20 nkuko tubikesha Vosgesmatin.fr, baratabaye n’ibikoresho byabo baziko bagiye kuzimya inkongi y’umuriro umugabo nawe yizeye ko mugutabara bakiza ibintu byo munzu araza kumenya niba umugore we ahari ariko bageze aho babwiwe gutabara babura icyo gukora kuko basanze babeshywe, basubirayo uko baje.

Nyuma yo kubeshya abashinzwe kuzimya inkongi z’imiriro abitewe no gufuhira umugore we, uyu mugabo yatawe muri yombi na Polisi aho igihano cyo gufungwa imyaka ibiri kimutegereje ndetse n’ihazabu y’amayero (Euro) ibihumbi 30 ni ukuvuga hafi Miliyoni 30 uyavunje mu manyarwanda agomba kumusohokamo kandi yakagombye gutunga urugo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5995 Posts

Politiki

4242 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1062 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

161 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga