• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/03/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
02/03/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
02/03/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
02/03/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Kigali: Gitifu w’umurenge wa Muhima yatawe muri yombi na Polisi

Umwanditsi
March 22, 2017

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhima ari mu maboko ya Polisi aho akurikiranyweho icyaha cya Ruswa.

Ruzima John, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda  kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2017 aho akurikiranyweho icyaha cya Ruswa.

Amakuru yitabwa muri yombi rya Gitifu Ruzima yatangiye kumenyekana kuri uyu wa gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yahamirije intyoza.com ko amakuru y’ifatwa ry’uyu mu gitifu ari impamo.

SP Hitayezu Emmanuel yagize ati:” Nibyo, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhima Ruzima John arimo arakurikiranwa na Polisi ku cyaha cyo gusaba no kwakira impano cyangwa indonke kugira ngo hakorwe ibinyuranije n’amategeko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura.”

SP Emmanuel Hitayezu, akomeza avuga ko uyu muyobozi w’umurenge wa Muhima urwego rw’ubugenzacyaha rukirimo gukusanya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho hanyuma rwabirangiza rukabishykiriza ubushinjacyaha kugira ngo hakurikizwe ibyo amategeko ateganya.

Mu gihe iki cyaha cya ruswa akurikiranyweho cyamuhama, Gitifu Ruzima ngo yahanishwa igifungo kiva ku myaka itanu kugera kuri irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugera ku nshuri cumi z’agaciro k’indonke yatse nkuko biteganywa mu ngingo ya 635 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga