• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/26
Amajyepfo: Polisi isaba abaturage gukoresha ikoranabuhanga mu Kubika, Kwakira no kwishyurana amafaranga hirindwa n’ubujura
18/09/26
Kamonyi-Mugina: Basanganywe udupfunyika 135 tw’Urumogi bahishe muri Radiyo, bafatanwa n’Ingurube bibye
18/09/26
Uko RIB isobanura impamvu abakekwaho ikoreshwa ry’Ibiyobyabwenge umwe yafungwa undi ntafungwe
18/09/26
Mufti yasabye Abasilamu kugira uruhare mu iterambere ry’imijyi ibumbatiye Amateka y’Abasilamu n’ubuyislamu

Inkongi y’umuriro yibasiye zimwe mu nyubako zo mu Gakinjiro ka Gisozi, Polisi hari icyo ivuga

Umwanditsi
April 28, 2017

Mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Mata 2017 mu buryo butunguranye, inkongi y’umuriro yibasiye zimwe mu nyubako ziherereye hafi y’umuturirwa w’ishyirahamwe ADARWA mu gakinjiro ka Gisozi.

Zimwe mu nyubako z’ubucuruzi ziherereye mu gakinjiro ka Gisozi haruguru y’umuhanda wa kaburimbo ugana kagugu iruhande rw’inzu y’amagorofa y’ishyirahamwe ADARWA zafashwe n’inkongi y’umuriro bene gukoreramo bamwe bari bahageze barwana no kugira bimwe mu bicuruzwa basohora ngo barebe ko bagira ibyo baramira.

Ishami rya polisi y’u Rwanda rishinzwe ibyo kuzimya inkongi z’imiriro hamwe n’ibimodoka byaryo byabugenewe mu kwifashishwa kuzimya inkongi z’imiriro nibo bagobotse aba bacuruzi batangira kuzimya umuriro.

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ku murongo wa terefone ngendanwa yatangarije intyoza.com ko iby’iyi nkongi y’umuriro kuri amwe mu mazu akorerwamo ubucuruzi mu gakinjiro ka Gisozi kugeza ubu hakekwa umuriro w’amashanyara kuba ariwo ntandaro.

Agaciro ndetse n’ingano y’ibyangijwe n’iyi nkongi y’umuriro yadutse muri amwe mu mazu y’ubucuruzi mu gakinjiro ka Gisozi kugeza ubu ntabwo byari byatangazwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6032 Posts

Politiki

4278 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1080 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga