• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi
12/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye
12/04/26
Kamonyi-ESB: N’Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d’Amour
12/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel

ADEPR: Bishop Sibomana wari usigaye mu bakomeye yashyizwe mu gihome

Umwanditsi
May 28, 2017

Umuvugizi w’itorero rya Pantekote mu Rwanda-ADEPR, Bishop Jean Sibomana yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, ibi bije nyuma y’aho abandi bayobozi bakuru b’iri torero bari mu maboko y’ubutabera aho bakurikiranyweho kunyereza umutungo w’itorero.

Amakuru y’itabwa muri yombi rya Bishop Jean Sibomana, umuvugizi w’itorero rya Pantekote mu Rwanda-ADEPR yahamijwe na Polisi y’u Rwanda ku mugoroba wa tariki ya 27 Gicurasi 2017.

ACP Theos Badege, yatangaje ko uyu Bishop Jean Sibomaba akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’inyerezwa ry’umutungo w’iri torero, ibi akaba ari ibyaha na bagenzi be bafatiwe aho bari mu gihome, abasanzeyo.

ACP Theos Badege yavuze ko ifatwa rya Bishop Sibomana ryashingiye ku bimenyetso byagaragaye mu iperereza rikomeje mu bibazo by’icungamutungo w’itorero rya ADEPR.

Yagize ati:”uyu munsi tariki 27 Gicurasi 2017, ubugenzacyaha bwafashe umwanzuro wo gukurikirana Umuyobozi/Umuvugizi waryo, Bishop Sibomana Jean, ubu ari mu maboko y’ubutabera mu gihe iperereza ry’ibanze rigikomeza. Afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura. Akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo w’itorero n’ibindi bigishamikiyeho.”

Bishop Jean Sibomana, atawe muri yombi nyuma ya Bishop Tom Rwagasana, Umuvugizi wungirije akaba n’ushinzwe ubuzima bw’itorero rya ADEPR, Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’imari, Sindayigaya Theophile, Sebagabo Bernard, Niyitanga Straton na Gasana Valens. Aba bose uko ari batandatu bafashwe mbere, bafunzwe by’agateganyo iminsi 30.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5947 Posts

Politiki

4195 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga