• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
13/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
13/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
13/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
13/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Gasabo: Umugabo afunzwe akurikiranyweho ubwambuzi bushukana

Umwanditsi
September 7, 2019

Sindikubwabo Naricisse w’imyaka 34 y’amavuko kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Nzeri 2019, yafatiwe mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kinyinya, akurikiranyweho kwambura umuturage amafaranga ibihumbi 500,000frw amwizeza ko azamufasha kubona uruhushya rwa burundu (perimi) rwo gutwara imodoka.

Umuturage wambuwe avuga ko muri Gashyantare uyu mwaka, Sindikubwabo yamubwiye ko hari abapolisi baziranye ndetse ko bamufasha kubona uruhushya rwa burundu rwo gutwara imodoka.

Yagize ati “Muri Gashyantare Sindikubwabo yambwiye ko hari abapolisi aziranye nabo bazamufasha kubona perimi y’umukobwa wanjye, ariko nkabanza kumuha amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500. Narayashatse ndayamuha ntiyampa iyo perimi ndetse kuva icyo gihe kugeza ubu nari naramubuze mpitamo kubimenyesha inzego z’umutekano.”

Sindikubwabo aremera icyaha akavuga ko yabitewe n’ubukene kuko nta kazi yari afite, akangurira urundi rubyiruko gukura amaboko mu mifuka bagakora bakirinda gutungwa no kwambura abaturage.

Yagize ati “Nabitewe n’ubukene kuko nta kazi nari mfite, ariko ntabwo nari mfite ubushobozi bwo kubona iyo perimi ndetse nta n’umupolisi nari mfite wabimfashamo.”

Sindikubwabo yakomeje akangurira abantu kureka ingeso mbi zo gutekereza gushuka abantu bakabambura ibyabo kuko Polisi y’u Rwanda iri maso. Avuga ko gukora aribwo buryo bwonyinye bwo kubona amafaranga wifunza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi avuga ko  Polisi y’u Rwanda k’ubufatanye n’izindi nzego zirimo gukorana bya hafi kugira ngo zifate abandi bantu baba bakoranaga na Sindikubwabo gukora ibyaha nk ‘ibi by’ubwambuzi bushukana.

Yagize ati “Sindikubwabo aravuga ko yashutse uyu muturage gusa, ariko birashoboka ko haba hari abandi yashutse. Turacyakurikirana ngo tumenye ko nta bandi bantu yakoranaga nabo muri ibi byaha cyangwa niba nta bandi bantu yashutse akabambura.”

CIP Umutesi yakomeje akangurira abantu kuba maso bakirinda abantu baza babashuka bagamije kubatwara utwabo ahubwo bakihutira kubimenyesha inzego z’umutekano.

Yagize ati “Bene aba bantu batunzwe no gushuka abaturage bakabambura amafaranga yabo bariho, niyo mpamvu dukangurira abaturage kujya bihutira gutanga amakuru ku nzego z’umutekano kugira ngo bafatwe.”

CIP Umutesi yibukije abaturage ko serivisi za Polisi zitagurwa, umuntu ushaka kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga araza agakora ibizamini yabitsinda akaruhabwa nta kiguzi atanze.

Yibukije ko gutanga amafaranga kugira ngo uhabwe serivisi cyangwa kwaka umuntu amafaranga kugira ngo umuhe serivisi bihanirwa mu mategeko y’u Rwanda.

Ingingo ya 174 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000FRW).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga