• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/08/26
Ruhango: Abakomoka i Mbuye bahagurukiye guteza imbere aho bakomoka
14/08/26
Huye: Polisi yahuguye abakorera n’abarema isoko rya Rango ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro
14/08/26
RIB na Polisi, beretse Itangazamakuru abarimo nyiri Uruganda Ingufu Gin Ltd bakekwaho ibyaha bitandukanye
14/08/26
Kamonyi: Turasaba Ababyeyi ko Umuganura utaba umuhango gusa-Visi Meya Uzziel Niyongira

Uwari intumwa ya rubanda muri Tanzaniya yahungiye muri Kenya

Umwanditsi
November 9, 2020

Godbless Lema wahoze ari umudepite muri Tanzania mu ijoro ryo ku cyumweru yafungiwe i Nairobi muri Kenya nyuma y’uko yinjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Bwana Lema yafashwe ari mu modoka atwawe n’umunyamategeko we bari kwerekeza i Nairobi. Yari kumwe n’umugore we n’abana.

Muri Tanzania hari ibikorwa bimwe byo kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi nyuma y’amatora Perezida John Magufuli yatsinze ku bwiganze.

Ikinyamakuru the Standard kivuga ko polisi ya Kenya yafashe aba bantu bageze mu mujyi uri ku ntera ya 45Km uvuye ku mupaka wa Tanzania binjiye muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko uyu mugabo wari umudepite mu nteko ya Tanzania yanze guha urwandiko rwe rw’inzira (passport) abakozi bo ku mupaka ba Tanzania.

Umunyamategeko we, George Luchiri Wajackoyah, yasubiwemo n’iki kinyamakuru avuga ko yari ajyanye uyu munyapolitiki ku biro bya UNHCR i Nairobi.

Iki kinyamakuru gusibiramo kandi amagambo ya Bwana Lema avuga ko yazanye n’abana be batatu n’umugore we. Akaba ari “gusaba ubuhungiro”.

Bwana Lema nkuko BBC ibitangaza, yari mu bakuru b’ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe bakarekurwa mu cyumweru gishize, bashinjwaga gutegura imyigaragambyo yo gusaba ko amatora asubirwamo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6013 Posts

Politiki

4259 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1069 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga