• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/07/26
Abanyamakuru barasabwa kutitandukanya n’Ubunyamwuga
27/07/26
Kamonyi: Urutonde rw’Amazina y’abantu 9 bapfiriye mu mpanuka ndetse na 13 bayikomerekeyemo
27/07/26
Ibyapa byo mu muhanda si Imitako yo ku nkingi-ACP Boniface Rutikanga
27/07/26
Kamonyi-Musambira: Impanuka y’Ikamyo na Minibisi yaguyemo abantu 9 hakomereka 12

Kamonyi-Nyamiyaga: Umugabo w’imyaka 42 arakekwaho gusambanya umwana we w’Umukobwa

Umwanditsi
July 26, 2025

Mu ijoro ryacyeye ry’uyu wa 26 Nyakanga 2025, mu Mudugudu wa Rugwiro, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko yafashwe akekwaho gusambanya umwana we w’Umukobwa yibyariye w’imyaka 9 y’amavuko. Amakuru akimenyekana, inzego z’ibanze, DASSO hamwe n’Inkeragutabara/RF( Reserve Force) bakoze Operasiyo yo kumuhiga, baramufata ashyikirizwa RIB Sitasiyo ya Mugina kugira ngo akurikiranwe ku byo akekwaho.

Abaturage baganiriye n’Umunyamakuru wa intyoza.com bavuga ko kumenyekana kw’aya mahano byaturutse kuri musaza w’uyu mwana w’umukobwa wasambanijwe na Se umubyara, aho ngo yiboneye Papa wabo asambanya mushiki we, yajya gutaka akamupfuka umunwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Rafiki Mwizerwa uhawe kuyobora uyu murenge vuba aha dore ko uretse ihererekanya Bubasha ryakozwe ataratangira inshingano kuko byahuje n’uko yari mu kiruhuko yemererwa n’amategeko. Yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko amakuru nk’ubuyobozi bayamenye, ko kandi ukekwa yamaze gufatwa akaba yashyikirijwe RIB.

Ukekwa.

Mu gihe ukekwaho gusambanya umwana we w’Umukobwa yatawe muri yombi agashyikirizwa RIB, uyu mwana w’umukobwa yahise ajyanwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Nyamiyaga kugira ngo yitabweho.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6004 Posts

Politiki

4250 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1063 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga