Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango ku bufatanye n’Abaturage bamaze kumva no gusobanukirwa neza akamaro ko gutanga amakuru hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha ndetse n’ababikora, hatawe muri yombi umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga million na magana arindwi (1,700,000 Rwf).
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko uyu mugabo watawe muri yombi yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabagali mu gihe amafaranga yafatanywe, Polisi ku bufatanye na RIB bayasubije nyirayo ariko iperereza kuri uyu wafatanywe aya mafaranga rikaba rikomeje.
Polisi, irashimira Abaturage bakomeje kwimakaza muribo umuco mwiza w’Ubufatanye hagati yabo na Polisi bagamije gukumira no kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe kandi vuba, aho ibi ngo bigaragaza ko ubufatanye ariwo musingi wo gucunga umutekano w’Abaturage n’ibyabo.
CIP Hassan Kamanzi, avuga kandi ko Polisi yibutsa uwo ariwe wese ugitekereza kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya Umutekano n’Ituze by’Abaturage ko ibyo ari ibikorwa Polisi itazihanganira kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa agashyikirizwa Ubugenzacyaha/RIB Amategeko akubahirizwa.
Polisi, iributsa kandj buri mu baturage ko Ubujura atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko ko ntawe ukwiye kwishora mu bikorwa nk’ibyo bitemewe n’amategeko kuko uzabikinisha wese azafatwa akaburyozwa n’Amategeko.
Théogène Munyaneza
No Comment! Be the first one.