• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
27/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
27/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi
27/05/26
Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro

Bishop Rugagi, Apotre Rwandamura n’abandi bavugabutumwa b’amazina azwi batawe muri yombi

Umwanditsi
March 5, 2018

Abavugabutumwa batandatu b’amazina azwi cyane mu Rwanda, batawe muri yombi na Polisi. Aba bose, bakurikiranyweho kurwanya ububasha bw’amategeko.

Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 5 Werurwe 2018 yatangaje ko ifite mu maboko yayo abavugabutumwa batandatu. Abatawe muri yombi ni ab’amazina asanzwe amenyerewe cyane mu ivugabutumwa hano mu Rwanda. Abo barimo; Apostle Rwandamura Charles, R. Pastor Nyamurangwa Fred, Bishop Rugagi Innocent, Rev Ntambara Emmanuel, Pastor Dura James hamwe na Pastor Kalisa Shyaka Emmanuel.

CP Theos Badege umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, avugwa ku itabwa muri yombi ry’aba bavugabutumwa bamwe muribo bazwiho ububasha mu gukora ibitangaza, yagize ati ” Nyuma y’aho hahagaritswe amasengero atujuje ibisabwa  bigatahurwa  ko bamwe mu bayobozi b’amatorero baremye itsinda, bagatangira n’inama zitemewe bagamije gutambamira cyangwa kunaniza iyubahirizwa ry’amategeko, Polisi yatangiye iperereza hamenyekana ababiri kw’isonga n’ibikorwa bigize icyaha bakoze.”

Yakomeje agira ati ” Muri ibyo byaha harimo: Gukoresha inama mu buryo bunyuranije n’amategeko, kurwanya ububasha bw’amategeko. Mu babiri kw’isonga harimo: 1. Apostle Rwandamura Charles, 2. R. Pastor Nyamurangwa Fred, 3. Bishop Rugagi Innocent, 4. Rev Ntambara Emmanuel, 5. Pastor Dura James, 6. Pastor Kalisa Shyaka Emmanuel. Abo uko ari batandatu(06) bakaba bakurikiranywe bari mu maboko y’ubutabera.”

Itabwa muri yombi ry’aba bavugabutumwa uko ari batandatu, rimaze iminsi ibiri rivugwa ariko Bishop Rugagi akaba ariwe wavuzwe cyane. Muri iyo minsi ishize, Polisi ntabwo yari yagatangaje ko ariyo ibafite. Aba bose batawe muri yombi nyuma y’igenzura ry’insengero z’amatorero n’amadini byavuzwe ko bitujuje ibyangombwa.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5972 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1055 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga