• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/05/26
Musambira-Kwibuka32: Guha uwishwe Uburuhukiro bwa nyuma ni intambwe ikomeye mu komora ibikomere by’abakiriho- Benedata Zacharie/Ibuka
04/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
04/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
04/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie

Tuniziya yanze gusabwa imbabazi n’Ubufaransa ku bw’Ubugome bw’Igihe cy’Ubukoroni

Umwanditsi
June 10, 2020

Inteko ishinga amategeko ya Tuniziya yanze kwemeza umwanzuro w’uko Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi iki gihugu kubera ubukoloni. Ubufaransa bwigaruriye Tuniziya, buyimarana imyaka 75, kuva mu 1881 kugera mu 1956, ubwo Tuniziya yabonye ubwigenge. Ariko abasilikali b’Ubufaransa ba nyuma bavuye muri Tuniziya mu 1963.

Ishyaka ryitwa Al Karama, rifite abadepite 19 kuri 217 bagize inteko ishinga amategeko, ni ryo ryatanze umushinga w’umwanzuro uvuga ko “Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi z’amabi/ubugome bwakoze icyo gihe cyose na nyuma yaho, kugera ku butegetsi bwa perezida Zine el Abidine Ben Ali” kugera akuwe ku butegetsi na revolisiyo ya rubanda mu 2011.

Iri shyaka ryitwa Al Karama ryashakaga kandi ko Ubufaransa butanga n’indishyi z’akababaro. Yemeza ko Abafaransa bakoze ibyaha bw’ubuhotoza, gufata abagore ku ngufu, kohera abanyapolitiki batavugaga rumwe n’ubutegetsi bw’abakoloni, no gusahura umutungo kamere w’igihugu.

Nyuma y’impaka zishyushye cyane mu masaha arenga 14, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko abadepite banze umwanzuro ku bwiganze busesuye.

Abadepite barwanije uyu mwanzuro, bavuga ko wakwangiriza cyane Tuniziya mu rwego rw’ubukungu. Ubufaransa ni bwo gihugu cya mbere gihahirana kandi gishora imali nyinshi muri Tuniziya, kandi bucumbikiye abimukira b’Abanyatuniziya barenga miliyoni.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5958 Posts

Politiki

4206 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga