• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/26
Kamonyi: Abarerera mu ishuri“Legacy Academy” barishimira Uburezi n’Uburere bihabwa abana babo
15/07/26
Gisagara-Save: Hamenwe Litiro zirenga 3,000 z’inzoga zitujuje ubuziranenge
15/07/26
Kamonyi-ECOSE: Ishuri ritanga Uburezi n’Uburere rigafasha kuvumbura no gukuza impano z’abana mu mikino
15/07/26
Nyamagabe: Polisi n’izindi nzego bakanguriye abaturage gukumira ibyaha no kurwanya inkongi z’umuriro

Icyamamare mu kumurika imideri, Naomi Campbell ku myaka 50 yibarutse imfura ye

Umwanditsi
May 19, 2021

Uyu mugore w’imyaka 50 yatangaje aya makuru anyuze kuri Instagram aho yashyize ifoto y’ikiganza cye gifashe uturenge tw’uruhinja rw’umukobwa yibarutse.

Naomi Campbell, yanditseho ati: “Umwana muto w’umugisha yampisemo ngo mbe nyina, nishimiye kugira iyi roho nzima mu buzima bwanjye“.

Nyina wa Campbell, Valerie Morris Campbell, yanditse kuri Instagram ati: “Ibyishimo birandenze kuko nategereje igihe kinini ngo mbe nyogokuru“.

Marc Jacobs umuhanga mu gutegura imyambaro ari mu bashimiye uyu mugore wavukiye i London, hambere wari warakomoje ku kuba ashaka kuba umubyeyi.

Nta makuru arenze aya yatangajwe kuri uyu mwana, ariko mu kiganiro na Evening Standard mu 2017 Naomi Campbell yavuze ko yifuza kuba umubyeyi.

Iki kinyamakuru cyamusubiyemo avuga ngo “Buri gihe ntekereza kugira abana. Ariko ubu aho siyansi igeze nshobora kubikora igihe mbishakiye”.

Campbell w’impano mu gutambuka impano ye yabonetse akiri umunyeshuri muto, yaje kuba umwirabura wa mbere w’Umwongereza umurika imideri wagiye ku gifuniko cya British Vogue.

Mu bihe bishize nkuko BBC ibitangaza, Naomi Campbell yabonetse mu Rwanda mu bikorwa by’ubukerarugendo aho yaje mu batumirwa bakomeye bita amazina abana b’ingagi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5995 Posts

Politiki

4242 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1062 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

161 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga