• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
01/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
01/06/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
01/06/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri

Kamonyi-Nyamiyaga: DASSO bivugwa ko yakubise umuturage akamumena ijisho yashyikirijwe RIB

Umwanditsi
May 20, 2021

Mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021, umukozi w’urwego rwunganira akarere ka Kamonyi mu gucunga umutekano-DASSO, Usabuwera Jean Baptiste ukorera mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Nyamiyaga, yafashwe ashyikirizwa RIB Sitasiyo ya Mugina ngo abazwe ibimuvugwaho byo gukubita umuturage akamumena ijisho.

Amakuru intyoza.com icyesha bamwe mu baturage mu kagari ka Ngoma, ahamya ko ku mugoroba w’uyu wa 19 Gicurasi 2021 haje abayobozi bagakorana inama n’abaturage aho ikibazo cyabereye, ahazwi nko ku Nkambi.

Gusa mu gukoresha inama ngo kuko hari bamwe mu bayobozi babanje kuhazindukira mbere y’uko inama iba, bakaba kandi batazi icyabagenzaga kuko ngo atari buri wese bavuganye, bakeka ko harimo ugushaka kuyobya uburari ngo bagaragaze ko DASSO ntaho ahuriye n’ibyabaye ku muturage ashinjwa gukubita.

Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga ku murongo wa Terefone ngendanwa yemereye umunyamakuru ko inama koko yaraye ibaye ku mugoroba w’uyu wa Gatatu.

Avuga ko kugeza ubu batazi ukuri ku byabye ngo kuko hari abaturage bavuga ko DASSO ariwe wakubise uyu muturage, abandi ngo bakavuga ko DASSO yagiye kubakiza uwo muturage yakomeretse.

Ati“ Ikigaragara, we yagiye agiye gukiza ariko abaturage bakagaragaza ko ariwe wakubise uriya mwana, ariko muri makeya hari abemezaga ko ariwe wamukubise, abandi bakavuga ngo yagiye kubakiza yakomeretse, ariko RIB irimo kugenda ibaza abantu batandukanye bari bahari kugira ngo habonekemo ukuri”.

Gitifu Kubwimana, avuga ko kuri uyu munsi wa kane mu masaha ya mugitondo aribwo uyu DASSO yashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Mugina, aho abazwa ibyo ashinjwa n’abaturage. Mu masaha ya nyuma ya saa sita, abakozi b’urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB mu karere ka Kamonyi bari mu kugenda baganira n’abaturage b’i Ngoma, bashaka amakuru mpamo ku bivugwa.

Soma hano inkuru yabanjirije iyi umenye uko byagenze:Kamonyi-Nyamiyaga: Haravugwa DASSO wakubise umuturage akamumena ijisho

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5974 Posts

Politiki

4221 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1056 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga