• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/05/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
30/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
30/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
30/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi

Umuhanzi ukomeye muri Kenya yahamije ku mugaragaro ko ari umutinganyi

Umwanditsi
December 9, 2021

Umwe mu bagize itsinda rya muzika rya Sauti Sol yatangaje ku mugaragaro ko ari umutinganyi. Kubyemera kwe ku mugaragaro bishobora guha imbaraga abaharanira uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina-LGBT muri iki gihugu, aho ubusanzwe ubihamijwe n’urukiko ashobora guhabwa igifungo kigera ku myaka 14.

Willis Austin Chimano uzwi cyane nka Chimano yatangaje ibi ubwo yarimo asobanura impamvu y’indirimbo ye nshya ‘Friday Feeling‘. Muri iyi ndirimbo nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, habonekamo abagize ihuriro ry’abafite amahitamo njyabitsina atandukanye (LGBT).

Yabwiye kimwe mu binyamakuru muri Kenya ati: “Nta kwihisha ukundi“. Yavuze ko ubu ari kubaho mu kuri kandi azakoresha muzika ye mu kurwanya kwikuza kubi kw’igitsina gabo, kwibasirwa bidafite ishingiro, n’uburyarya.

Nta na rimwe Chimano yari yarigeze avuga ku mugaragaro ko ari umutinganyi nubwo mu bihe byashize yagiye agira abagabo bakundana nawe.

Kuba uyu muhanzi yemeye kumugaragaro ko ari umutinganyi, bishobora kongerera ingufu abaharanira uburenganzira bw’aba-LGBT muri Kenya, aho imibonano mpuzabitsina y’abahuje igitsina ihanwa kugera ku gufungwa imyaka 14.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5973 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1056 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga