• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/08/26
Kamonyi-Kamuhanda: Site y’Inganda yitezweho kugaragaza Isura nziza y’Amarembo y’Akarere yatangiye gutunganywa
25/08/26
Kamonyi/CNF: Abagore barishimira uruhare rwabo mu gukura bagenzi babo mu murongo w’Ubukene
25/08/26
Kamonyi-Bwirabo: Ruhurura yashyiraga ubuzima bw’abaturage mu kaga irimo kubakwa
25/08/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Umusore w’imyaka 21 y’amavuko yasanzwe amanitse mu giti cya Avoka

DR Congo-Beni: Abantu bane bishwe abandi icumi barashimutwa

Umwanditsi
November 11, 2022

Abantu batari munsi ya bane hafi y’umujyi wa Beni ho mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe naho abandi 10 barashimutwa. Mu isanteri( Centre) y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Kabasha muri iyi ntara ya Kivu ya Ruguru yagabweho igitero n’abo bicyekwa ko ari inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF.

Abagabo bitwaje imbunda batwitse ikigo nderabuzima kimwe cyonyine cyo muri aka gace ko mu burasirazuba bwa DR Congo, basahura imitungo ndetse batwika ibinyabiziga.

Iki ni cyo gitero cya vuba aha cy’abacyekwa kuba ari inyeshyamba za ADF. Cyatumye abantu benshi bahatuye bahunga, batinya ko haba ibindi bitero. Abahatuye bavuganye na BBC dukesha iyi nkuru bashinje Leta ya DR Congo kunanirwa gukora ibihagije ngo ibacungire umutekano.

Muri iki cyumweru, igisirikare cya DR Congo cyagabye igitero ku wundi mutwe w’inyeshyamba, M23, wigaruriye ibice bimwe byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru. Mu mezi ya vuba aha ashize, abantu barenga 90,000 bamaze guhunga bata ingo zabo, nyuma y’imirwano hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6019 Posts

Politiki

4265 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1073 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga