• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
13/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
13/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi
13/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye

Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie

Umwanditsi
April 13, 2026

Benedata Zacharie, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kamonyi yabwiye Abanyarugalika n’abaje ku batabara mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ko nubwo kuri uyu munsi wa tariki 12 Mata 2026, umutima w’uwarokotse Jenoside uremerewe n’amateka akomeye yanyuzemo, ariko kandi ngo ku mutima we hari icyizere n’imbaraga bimusunikira gukomeza kubaho. Yasabye buri wese gukomeza kuzirikana no guha icyubahiro gikwiye Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu 1994.

Mu ijambo yagejeje ku baje Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko muri uyu Murenge wa Rugalika, Benedata Zacharie, yagize ati“ Uyu munsi twahuriye hano mu Murenge wa Rugalika dufite Umutima uremerewe n’amateka akomeye twanyuzemo, ariko na none dufite Umutima wuzuye icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho. Abacu bazize Jenoside, turabibuka, Turabazirikana tubaha icyubahiro bakwiye, bambuwe muri Jenoside yabakorewe”.

Yakomeje ashimira Ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 zikabohora abayirokotse ndetse n’Igihugu muri rusange, u Rwanda rukongera kubaho, Abanyarwanda bakabona Ubuzima.

Benedata, avuga ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari abo kwegerwa mu bihe bitandukanye kuko Jenoside yabasigiye ibikomere bitandukanye, haba ku Mutima no ku Mubiri. Ahamya kandi ko Jenoside yasenye imibanire mu bantu, isiga icyuho mu miryango bakomokamo, iteza ibibazo by’Ubukene n’imibereho mibi ku bayirokotse.

Benedata Zacharie/Ibuka Kamonyi.

Gusa na none ngo nubwo bimeze bityo, hari icyizere cyubakiye ku Gihugu nko kwita ku buzima bwo mu mutwe byafashije abayirokotse gukomeza ubuzima no kongera kugira icyizere aho bari ndetse no mu byo bakora.

Yagize kandi ati“ Kuri uno munsi, turazirikana Ubutwari bw’abaguye ku Rugamba rwo kutubohora. Amaraso yabaye imbuto y’Ubumwe n’Amahoro dusangira uyu munsi no kurokoka kwacu. Tuzahora tubazirikana iteka mu mateka y’Igihugu cyacu n’amashami yashibutse bikomeze kutubera icyitegererezo”.

Avuga kandi ko ku barokotse Jenoside ari isomo rikomeye ryo kwemera kubana n’ababahekuye, bigaragaza igikorwa cy’Ubumuntu kidasanzwe bidashingiye gusa ku mbaraga z’amaboko, ahubwo bishingiye ku mutima wagutse wahisemo Ubumwe, ariwo Amahoro n’Umutekano byubakiyeho uyu munsi.

Avuga kandi ati“ Twese dukwiye kuzirikana ko u Rwanda rwaguzwe Amaraso n’ibitambo, bityo rukwiye kurindwa no gukundwa by’intangarugero”. Akomeza avuga ko kwihangana ku barokotse Jenoside kwabaye urufatiro rwo kongera kwiyubaka kandi bigaragara ko bishoboka.

Benedata Zacharie, yashimiye Abanyarugarika ku kwitabira no gutegura neza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabasabye kandi buri wese kuzirikana ko igihe bahuye baganira, basangira Kwibuka aya mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusigira buri wese isomo ryo guharanira ko Jenoside itazongera.

Théogène Munyaneza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5949 Posts

Politiki

4197 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga