• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/05/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)
29/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
29/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
29/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi

Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Umwanditsi
May 29, 2026

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango ku bufatanye n’Abaturage bamaze kumva no gusobanukirwa neza akamaro ko gutanga amakuru hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha ndetse n’ababikora, hatawe muri yombi umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga million na magana arindwi (1,700,000 Rwf).

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko uyu mugabo watawe muri yombi yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabagali mu gihe amafaranga yafatanywe, Polisi ku bufatanye na RIB bayasubije nyirayo ariko iperereza kuri uyu wafatanywe aya mafaranga rikaba rikomeje.

Polisi, irashimira Abaturage bakomeje kwimakaza muribo umuco mwiza w’Ubufatanye hagati yabo na Polisi bagamije gukumira no kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe kandi vuba, aho ibi ngo bigaragaza ko ubufatanye ariwo musingi wo gucunga umutekano w’Abaturage n’ibyabo.

CIP Hassan Kamanzi, avuga kandi ko Polisi yibutsa uwo ariwe wese ugitekereza kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya Umutekano n’Ituze by’Abaturage ko ibyo ari ibikorwa Polisi itazihanganira kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa agashyikirizwa Ubugenzacyaha/RIB Amategeko akubahirizwa.

Polisi, iributsa kandj buri mu baturage ko Ubujura atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko ko ntawe ukwiye kwishora mu bikorwa nk’ibyo bitemewe n’amategeko kuko uzabikinisha wese azafatwa akaburyozwa n’Amategeko.
Théogène Munyaneza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5973 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1056 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga