• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
18/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
18/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
18/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO

Umwanditsi
June 18, 2026

Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026, ahazwi nka Bishenyi ho mu Murenge wa Runda hatangijwe ku mugaragaro Imurikabikorwa n’Imurikagurisha. Ni igikorwa cy’Akarere ariko gitegurwa ku bufatanye n’ihuriro ry’Abafatanyabikorwa bako mu Iterambere/JADF ndetse na PSF. Mu kurifungura, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere yashimiye abaryitabiriye ariko kandi akangurira buri munyakamonyi n’abandi baturage kuryitabira kuko ririmo byinshi buri wese yakenera mu byo akora byose ariko cyane cyane ku bijyanye n’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Dr Nahayo Sylvere, avuga ko ibyo nk’Ubuyobozi bw’Akarere babonye muri iri murikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO ubwo batemberaga barisura bigaragaza ko ryitabiriwe. Ati“ Ibyo tumaze kubona hano dusura, biragaragaza y’uko abafatanyabikorwa bacu baje ku bwinshi, umubare wariyongereye, ariko urebye n’ibyo bakoze, bakora! bigaragara ko bakoze byinshi kandi byiza”.

Akomeza avuga ko iyo winjiye ahabera iri murikabikorwa n’Imurikagurisha ukareba ibiribwa biririmo, ukareba ibikomoka ku buhinzi n’Ubworozi bitanga ishusho nziza y’iterambere ry’Akarere.

Avuga ku kuba nk’Ubuyobozi bibanze cyane ku bikomoka ku buhinzi, yagize ati“ Ubuhinzi nicyo gikorwa dukora gitunze abaturage benshi muri Kamonyi. Ibyo bituma n’abitabira Imurikabikorwa n’Imurikagurisha abahinzi baza ari benshi, ariko kandi birumvikana tuba twifuza ko ibijyanye n’Ubuhinzi n’Ubworozi bigaragara ahantu nk’aha kugira ngo bidufashe no mu bukangurambaga cyane cyane Urubyiruko kugira ngo bitabire ibijyanye n’Ubuhinzi n’Ubworozi”.

Bamwe mubitabiriye iri Murikabikorwa n’Imurikagurisha aha Bishenyi, bashima ibyazanywemo ariko kandi bakanashima ko ibiciro bihari biri hasi ugereranije no ku isoko hanze.

Nishimwe Emmanuel Fabrice, waje muri iyi Expo kwihahira, aragira ati“ Njyewe naje kugura ariko uko nabonye iri murikabikorwa n’Imurikagurisha, mu by’ukuri ikintu nabonyemo gikomeye ni uko ibiciro biri hasi, ariko ikindi cya Kabiri harimo ibintu byiza cyane”.

Akomeza avuga ko we yahashye Kawunga akanagura ifu y’Igikoma ashyira Umuryango we, ariko kandi ngo yanashimye  igiciro cy’Amateke kuko yasanze ikiro kiri kuri 500 mu gihe hanze ari 1000. Akangurira abaturage bagenzi be by’umwihariko Abanyakamonyi kwitabira iyi Expo bakihahira.

Iri murikabikorwa n’Imurikagurisha, n’ubwo ryafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa 17 Kamena 2026, ryatangiye ku wa 12 Kamena 2026. Biteganijwe ko nta gihindutse, rizasozwa ku wa 22 Kamena 2026.

Aha, herekanwaga imashini yuhira imyaka bidasabye amavuta nka Risansi cyangwa Mazutu, ahubwo imbaraga zo kunyonga gusa.

Théogène Munyaneza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga