• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
06/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
06/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
06/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi: Hakozwe Impinduka zitunguranye muri ba Gitifu b’Imirenge

Umwanditsi
November 2, 2016

Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa gatatu tariki ya 2 Ugushyingo 2016, bwakoze impinduka zaje zitunguranye kuri bamwe mu bayobozi b’imirenge mu gihe abandi nabo zibategereje.

Udahemuka Aimable, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi aganira n’ikinyamakuru intyoza.com yahamije amakuru y’impinduka zakozwe ku rwego rwa bamwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itatu muri 12 igize aka karere.

Izi mpinduka zakorewe ku banyamabanga nshingwabikorwa bakurikira: Nkurunziza Jean de Dieu wayoboraga umurenge wa Mugina yajyanywe kuyobora umurenge wa Rukoma, Muvunyi Etienne wari Gitifu w’umurenge wa Rukoma yajyanywe kuyobora umurenge wa Musambira naho Mbonigaba Emmanuel wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kayenzi ahabwa kuyobora umurenge wa Nyamiyaga.

Udahemuka Aimable, yatangarije intyoza.com ko imwe mu mpamvu z’izi mpinduka ishingiye ku kuba imwe muri iyi mirenge nk’uwa Musambira na Nyamiyaga yari imaze iminsi itagira abagitifu bityo hakaba hari byinshi mu bibazo byaburaga ababyitaho ngo bikemurwe uko bikwiye.

Udahemuka, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, avuga ko bimwe muri ibi bibazo, ari ibishingiye ahanini ku manza n’irangizwa ryazo, ibibazo rusanjye abaturage basabwa gukemurirwa no kugirwamo inama na Gitifu w’umurenge birimo ndetse n’isezeranya kubashaka kubana n’ibindi.

Udahemuka Aimable, yatangarije intyoza.com ko izi mpinduka zidahagarariye aha, ko hari n’izindi zitezwe mu minsi ya vuba ngo cyane ko hari ba gitifu b’imirenge bashya bitezwe kwakirwa nyuma y’ikizamini kizakorwa mucyumweru gitaha. Yavuze kandi ko abahawe kujya mu mirenge bagomba kuba batangiyeyo imirimo mu minsi itarenze itatu ndetse icyihutirwa kuribo kikaba ukubanza kurangiza imanza.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga