• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/07/26
Abanyamakuru barasabwa kutitandukanya n’Ubunyamwuga
27/07/26
Kamonyi: Urutonde rw’Amazina y’abantu 9 bapfiriye mu mpanuka ndetse na 13 bayikomerekeyemo
27/07/26
Ibyapa byo mu muhanda si Imitako yo ku nkingi-ACP Boniface Rutikanga
27/07/26
Kamonyi-Musambira: Impanuka y’Ikamyo na Minibisi yaguyemo abantu 9 hakomereka 12

Kicukiro: Uwacitse ku icumu rya Jenoside yishwe n’abantu bataramenyekana bamuteraguye ibyuma

Umwanditsi
April 13, 2017

Iribagiza Christine w’imyaka 58 y’amavuko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho bamwicishije ibyuma.

Amakuru agera ku intyoza.com akanemezwa n’inzego zishinzwe umutekano, ahamya ko Iribagiza Christine umubyeyi w’imyaka 58 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho bamwicishije ibyuma.

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yemereye intyoza.com ko aya makuru y’iyicwa ry’uyu mubyeyi ari impamo, yagize ati:” Hashize umwanya tubimenye, twatangiye iperereza, icyo dutangaza nka Polisi y’u Rwanda “nibyo “koko uwo mugore w’imyaka 58 yishwe, yasanzwe iwe munzu, murugo muri Kicukiro Niboyi, ariko ntabwo turamenya ababikoze cyangwa se ngo tumenye n’impamvu babikoze, ni tubimenya nibwo tuzagira icyo tubabwira uko iperereza rigenda ritanga amakuru.”

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yatangarije kandi intyoza.com ko muri rusanjye umutekano muri iki gihe cyo kwibuka ku Nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi wagenze neza mu gihugu cyose ngo nubwo hatabuze ingero nkeya zagaragaye kubagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, avuga ko bagikusanya amakuru mu gihe cya vuba bakazayadutangariza uko byagenze mu gihugu hose.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6004 Posts

Politiki

4250 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1063 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga