• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
18/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
18/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel
18/05/26
Kamonyi-EP Gishari: Abagize urwego rwa DASSO baremeye abana 10 bari barataye ishuri(Drop-Out)

Christiano Ronaldo mu nzira igana inkiko ashinjwa kunyereza imisoro

Umwanditsi
June 13, 2017

Umukinnyi w’igihangange mu mupira w’amaguru ku Isi Christiano Ronaldo (CR7) ukinira ikipe ya Real Madrid mu gihugu cya Esipanye, yashyizwe mu majwi n’abategetsi b’iki gihugu aho bamushinja kunyereza akayabo k’imisoro.

Abategetsi b’igihugu cya Esipanye, batangaje ko bagiye kujyana mu nkiko umukinnyi w’igihangange Christiano Ronaldo bamushinja kunyereza akayabo k’amafaranga y’imisoro yagombaga kwishyura angana na Miliyoni 16,5 z’amadorari ya Amerika.

Ubushinjacyaha bwa Esipanye bwatangaje ko iyi misoro yanyerejwe na Ronaldo ngo ari ikomoka ku mafaranga yavuye ku burenganzira bwo gukoresha amafoto ye hagati y’umwaka wa 2011 na 2014 nubwo Christiano ubwe nta nakimwe arabivugaho.

Christiano Ronaldo ukomoka mu gihugu cya Porutigali, nkuko amakuru dukesha BBC abivuga ni undi mukinnyi ukomeye muri shampiyona ya Esipanye wongeye kuvugwaho amahano y’inyerezwa ry’imisoro nyuma ya Lionel Messi we wanagejejwe mu nkiko na se umubyara bashinjwa inyerezwa ry’imisoro.

Abategetsi ba Esipanye, bavuga ko ngo Ronaldo yakoresheje nkana uburyo butunganije mu kunyereza imisoro ku makonti ye ari hanze, umuvugizi w’umuntu uhagarariye Christiano Ronaldo mu kwezi kwa Gicurasi 2017 yatangaje ko batuje bategereje iperereza kuri iki kibazo ngo kuko ntacyo bishisha.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5966 Posts

Politiki

4214 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga