• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
19/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
19/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
19/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel

Ruhango: Abaturage 20% kubona amazi meza ni nk’inzozi

Umwanditsi
July 7, 2017

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’Igihugu cy’ibarurisha mibare mu Rwanda, bwerekanye ko mu karere ka Ruhango abaturage 20% badashobora kubona amazi meza, kuribo ni nk’inzozi batarota. Ni ubushakashatse bwo muri 2014-2015.

Abahanga ku Isi bemeza ko amazi ari ubuzima, bemeza kandi ko n’umuntu ubwe agizwe na ¾ by’amazi, ibi hari abaturage bo mu karere ka Ruhango batazi amazi meza uko asa, abavuga ko bayafite nabo benshi muribo barijujuta.

Nubwo 20% by’abaturage ba Ruhango badashobora na rimwe kubona amazi meza nkuko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’ikigo cy’Igihugu cy’ibarurisha mibare, abagera kuri 80% basigaye nabo abenshi muribo bijujutira ko nubwo bayafite batabura kenshi kubaho nk’abatayafite cyangwa se bagakora ingendo ndende bajya kuyashaka iyo bigwa.

Dore ku ijanisha bimwe mu bipimo byagaragajwe n’ubushakashatsi by’uburyo abatari bacye mu baturage bakora urugendo rw’igihe kitari gito bajya gushaka amazi:

7% by’abaturage ni ababona amazi bakoze urugendo rw’Iminota 5 gusa

42% babona amazi meza bakoze urugendo rw’iminota 15 bajya kuyashaka

20% amazi meza bayakorera urugendo rw’iminota 30 kugira ngo bayabone

4% by’aba baturage ba Ruhango babona amazi meza bakoze urugendo ruri hagati y’iminota 30 n’Isaha imwe.

0,2% Amazi meza bayabona bakoze urugendo ruri hejuru y’Isaha imwe.

Muri iyi mibare y’aba baturage babona amazi mu buryo bubagoye cyangwa se bworoshye, abagera kuri 63% bavuga ko batanyurwa na Serivise z’amazi mu gihe 36% bo banyurwa.

Nkuko ubushakashatsi bwabigaragaje, akenshi harimo abatanyurwa n’uburyo babonamo amazi kuko ngo n’abayafite mu ngo zabo usanga haba igihe bayabuze mu buryo butunguranye bikangiza byinshi muri gahunda zabo, bagakora ingendo ndende bajya kuyashaka aho bayagura, nta burenganzira bagira kuriyo uretse kubona aza cyangwa bakayatwara ntawe ubaza.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5967 Posts

Politiki

4215 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga