• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
27/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
27/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi
27/05/26
Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro

Rubavu: Biravugwa ko ubuzima bw’Abantu batanu bamaze gutwarwa n’imvura

Umwanditsi
March 3, 2018

Imvura ikomeye iguye kuri uyu mugoroba wa tariki 3 Werurwe 2018 mu bice bitandukanye by’Akarere ka Rubavu yangije byinshi harimo no gutwara ubuzima bw’Abantu. Ibyangijwe ni byinshi ndetse haracyakorwa ubutabazi no gukusanya amakuru.

Ahagana ku i saa kumi z’uyu mugoroba wa tariki 3 Werurwe 2018 mu bice bitandukanye bigize imirenge y’Akarere ka Rubavu haguye imvura idasanzwe yangiza byinshi ndetse itwara ubuzima bw’abantu batari bake.

Alphonsine Niyigena, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, umwe mu yibasiwe n’iyi mvura yabwiye intyoza.com ati ” Ryabara uwariraye, birarenze. Abantu imvura yababujije kuva mu nzu, kugeza ubu ntabwo amakuru yose aramenyekana, ariko amakuru dufite, batanu amazi amaze kubatwara.”

Akomeza agira ati ” Ibyo aribyo byose ntabwo twavuga ko aribo gusa kuko hari abatari bamenyekana, buriya abantu barabimenya ari uko imiryango yongeye guhura byibuze buri wese arebe mube niba nta watembanywe n’umuvu.”

Habyarimana Gilbert, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatangarije intyoza.com ko imvura nyinshi yaguye ikinjira mu nzu z’abaturage ndetse ikangiza byinshi. Avuga ko nk’ubuyobozi kugeza saa mbiri n’iminota 48 z’iri joro bari bakiri kumwe n’abaturage mu butabazi ndetse banakusanya imibare yose y’ibyangijwe n’iyi mvura idasanzwe.

Amakuru bamwe mu baturage bahaye intyoza.com avuga ko imirenge ya Kanama, Nyakiriba na Nyundo ariyo yibasiwe bikomeye n’iyi mvura idasanzwe. Yangije byinshi mu bikoresho by’abaturage, imyaka ndetse yangiza amazu kuko ahenshi yinjiye imbere aho bamwe ngo bashobora kuba baraye ku gasozi, ubuzima bwa bamwe kandi bwahagendeye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5972 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1055 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga