• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
06/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
06/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
06/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Kamonyi-Rugarika: Ibiryabarezi 13 byafashwe n’ubuyobozi byibwemo amafaranga 

Umwanditsi
May 30, 2018

Imashini 13 zikoreshwa mu gukina imikino y’amahirwe zizwi nk’ibiryabarezi mu Murenge wa Rugarika zafashwe n’ubuyobozi bw’Umurenge burazifunga. Aho izi mashine zafungiwe zimwe zarabomowe zibwamo amafaranga. Ubuyobozi nti buvuga rumwe na ba nyiri ibi biryabarezi ku byakozwe.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rugarika nti buvuga rumwe n’abashoramari bwafatiye imashini zikoreshwa mu gukina imikino y’amahirwe izwi nk’ibiryabarezi. Imashini 13 zarafahwe zifungirwa mu biro by’Umurenge. Intandaro ngo ni ukutagira ibyangombwa. Muri izi mashine, zimwe zarangijwe zibwa amafaranga yari azirimo kandi ziri mu Murenge.

Kurutete Claire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Rugarika yabwiye intyoza.com ati” Ni koko ibiryabarezi birahari, hano mu Murenge, ni ibiryabarezi 13 byakoraga ariko batabifitiye uburenganzira, nta nyandiko igaragaza ko bemerewe gukorera hano.”

Akomeza ati” Njyewe, ibiryabarezi bifatwa ntabwo nari mpari ariko navuganye n’umuyobozi w’Umurenge kuko niwe wabifashe, ambwira ko badafite ibyangombwa byo gukorera muri Rugarika. Twabasabye kwishyura amande hanyuma bakabona gutwara ibiryabarezi byabo.” Abanzwa n’umunyamakuru w’intyoza.com ingano y’aya mande ntabwo yabashije kuyigaragaza.

Ku kuba ibi biryabarezi byarabomowe bikibwamo amafaranga, Kurutete agira ati” ayo makuru naba nkubeshye kuko uburyo byajemo no kuvuga ngo byaraciwe ntabwo nabihamya.”

Ubuyobozi, bukwepa ko ibiryabarezi byabomowe bikibwamo amafaranga nyamara bwaragiye gutanga ikirego muri Polisi ya Runda aho ngo bwareze DASSO n’Inkeragutabara. Kuri iyi ngingo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire yagize ati” Hagaragaye amakuru avuga y’uko bishobora kuba byarangiritse, ariko mu by’ukuri nta wabihamya, ntabwo twatanze ikirego ni amakuru twatanze, ku gira ngo wenda n’igihe ba nyirabyo baje kubitora hatazabaho kuvuga ko ibintu byabo byangiritse. Polisi yarahageze, irareba natwe biba ngombwa ko dutanga amakuru ariko ntabwo njyewe nk’Umusigire nahamya neza ko byibwe.”

Jean Claude Nyandwi, umwe mu bakozi ba Kampani ifite ibi biryabarezi ntabwo yemeranywa n’ibivugwa n’ubuyobozi kuko ahamya ko bahawe ibyangombwa na Minisiteri ibifite mu nshingano zayo. Avuga kandi ko no gusabwa kwishyura amande ari ibintu bidasobanutse, ko nta tegeko cyangwa ibwiriza berekwa ry’ibyo barenzeho cyangwa batujuje n’igihano giteganijwe.

Agira ati” Badufatiye imashini, badusaba kwishyura amafaranga nabo ubwabo batazi ngo ni angahe kuko nta bwiriza cyangwa itegeko bavuga ngo mwishe iri, ingano y’amande asabwa ni iyi. Ibyangombwa turabifite. Turimo gukurikirana iby’iyangizwa rya mashine zacu.”

Bamwe mu bari bafite izi mashine baganiriye n’intyoza.com ariko batigeze bashaka gushyira amazina yabo hanze, bavuga ko izi mashine zarimo amafaranga menshi zigatwarwa ariko aho zashyizwe nabo bakaba babwirwa ko zabomowe zikibwamo amafaranga. Ibi biryabarezi biracyafungiye mu biro by’Umurenge wa Rugarika. Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko ubwo Polisi yajyaga mu kibazo bashatse kuyibiha ngo ibijyane ariko nayo ikanga kubwo kwirinda kuzirengera ibibazo byo kuba zarangijwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga