Kamonyi: Urutonde rw’Amazina y’abantu 9 bapfiriye mu mpanuka ndetse na 13 bayikomerekeyemo
Mu mpanuka yabaye ahagana ku i saa yine zo kuri iki cyumweru Tariki 19 Nyakanga 2026, ku Muhanda wa Kaburimbo ugabanya Umudugudu wa Nyarusange n’uwa Nyarutovu, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Musambira ho mu Karere ka Kamonyi, abantu 9 bahasize Ubuzima naho 13 barakomereka. Amazina ya bamwe n’imyaka yabo byamenyekanye.
Iyi mpanuka ikomeye, ni iya Tagisi(Taxi) Minibus ifite ibiyiranga, Plaque RAK664F, yavaga i Kigali yerekeza I Muhanga, aho yari itwawe na Shoferi witwa Ntivuguruzwa Seleman wavutse mu 1996( yahise apfa). Yagonganye n’Ikamyo rukururana( Track Terera) ifite ibiyiranga, Plaque RL 5835 yavaga Muhanga yerekwza Kigari, itwawe na Shoferi witwa Wilomo Exasavery John wavutse muri 2001, uturuka mu Gihugu cya Tanzaniya.
Abamenyekanye ko baguye muri iyi mpanuka ni;
1.Ntivuguruzwa Seleman (Shoferi wa Taxi) wavutse mu 1996;
2.Nkundwamfite Marthe wavutse mu 1972;
3.Hakizimana Leobard wavutse mu 1996;
4. Ndagijimana Pierre wavutse mu 1997;
5 .Abandi batanu basigaye nti baramenyekana.
Abakomeretse uko ari 13 ni;
1.Wilomo Exasavery John wavutse mu 2001( Shoferi wa Kamyo)
2.Itangishaka Lambert wavutse mu 1985
3.Hakizimana J .Baptise wavutse mu 1972
4.Niyomuremyi Jerome wavutse mu 1976 y’amavuko
5.Nyirahategekimana Geraviyeve w’Imyaka 40 y’amavuko
6.Mukarukundo w’Imyaka 25 y’amavuko
7.Nishimwe w’Imyaka 32 y’amavuko
8.Mukabaseka Anastasie w’Imyaka 31 y’amavuko
9.Ishimwe Bertine w’Imyaka 25 y’amavuko
10. Iganze Allan, Umwana w’Umwaka 1
11. Murwanashyaka Jean Claude wavutse mu 1991 y’amavuko
12. Tuyishime Revocathe w’Imyaka 29 y’amavuko
13. Umwana utamenyekanye imyirondoro.
Muri iyi mpanuka, muri Taxi Minibus harimo abantu 21(abakuru 19 n’abana 2). Ni mu gihe mu Ikamyo harimo babiri, Umutandiboyi(ntacyo yabaye) na Shoferi. Abakomerekeye muri iyi mpanuka boherejwe mu bitaro bya Kabgayi, CHUK ndetse n’ibitaro bya Kanombe. Ni mu gihe kandi Abitabye Imana bahise boherezwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kabgayi hoherejwe batanu(5), abandi 4 bajyanwa mu bitaro bya Remera-Rukoma.
Fungura hano usome iby’iyi mpanuka, uko uwatabaye mbere abivuga ndetse n’Ubutumwa bwa ACP Boniface Rutikanga, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda; Kamonyi-Musambira: Impanuka y’Ikamyo na Minibisi yaguyemo abantu 9 hakomereka 12
Théogène Munyaneza
No Comment! Be the first one.