• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/26
Nyamagabe: Polisi n’izindi nzego bakanguriye abaturage gukumira ibyaha no kurwanya inkongi z’umuriro
10/07/26
Gacurabwenge: Abagize Umubano Family bizihije Ukwibohora 32 bagabira Uwarokotse Jenoside
10/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027
10/07/26
Nyanza: Polisi y’u Rwanda yibukije abanyerondo uruhare rwabo mu gukumira ibyaha

Karongi-Mutuntu: Inkuba yakubise umuntu ahita apfa inangiza 

Umwanditsi
August 27, 2018

Imvura idasanzwe yaguye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa 26 Kanama 2018 mu Murenge wa Mutuntu, yarimo inkuba. Iyi nkuba yishe umusore w’imyaka 17 y’amavuko. Nubwo muri rusange Intara y’Uburengerazuba ari hamwe mu hakunze kwibasirwa n’inkuba, Karongi ntabwo hari hakunze kumvikana inkuba zihitana abantu.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 26 Kanama 2018 ahagana i saa moya n’iminota 30, uwitwa Bihoyiki samwel w’imyaka 17 y’amavuko yakubiswe n’inkuba ako kanya ahita yitaba Imana.

Imvano y’ikibazo cy’iyi Nkuba , ni imvura idasanzwe imaze hafi icyumweru yaribasiye aka gace ka Mutuntu katari gasanzwe kumvikanamo inkuba zihitana ubuzima bw’abantu. Gusa, Akarere ka Karongi kari mu bice bikunze kwibasirwa n’inkuba zihitana ubuzima bw’Abantu.

Bakundukize Xavier, wareraga uyu musore witwa Bihoyiki yatangarije umunyamakuru w’intyoza.com ko mu ma saa moya nigice z’umugoroba nyakwigendera yagiye gucana amatara ubwo yari mu rugo maze ngo ako kanya inkuba igahita imukubita.”

Akomeza avuga kandi ko uretse kuba iyi Nkuba yahitanye uyu musore, ngo yanatwitse amatara yose ndetse n’inzu irasaduka. Ubwo ngo abo mu rugo bazaga kureba ikibaye nibwo basanze nyakwigendera byarangiye.

Nyuma yo kwicwa n’iyi Nkuba, umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Ngoma ngo bawupime. Mu Karere ka Karongi muri rusange, hari hashize iminsi hatumvikana abantu bishwe n’inkuba nubwo ari agace zikunze kwibasira.

Sixbert Murenzi / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5992 Posts

Politiki

4239 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1061 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

160 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga