• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
15/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
15/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
15/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Nyanza: Abakora irondo bagiye gusangira amakuru babikesha Radio(ibyombo) baguriwe n’abaturage

Umwanditsi
May 19, 2020

Abaturage batuye mu midugudu itandukanye y’Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, bishyize hamwe bagura ibyombo 41 (Radio z’itumanaho) bizajya bibafasha kwicungira umutekano kandi bagasangira amakuru ku gihe kimwe.

Abakuru b’imidugudu itandukanye yo mu murenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza kuri uyu wa 19 Gicurasi 2020 bashyikirijwe ibi byombo byaguzwe bigizwemo uruhare n’abaturage bayobora, mu rwego rwo kwicungira umutekano ariko kandi bakanasangira amakuru bidatwaye amafaranga, hadakenewe iminara kandi amakuru akabagereraho rimwe bitabaye ngombwa ko baba bari hamwe, begeranye.

Mu gushyikirizwa ibi byombo, abazabikoresha bavuze ko ari inzira nziza zo koroherezwa akazi. Uwitwa Sibomana Bosco uyobora Umudugudu wa Kidaturwa yagize ati” Ubu bizajya bitworohera niba ari inka yibwe kure yacu duhite tubimenyera rimwe twese”.

Mugenzi we witwa Ndayishimiye Samuel, Umukuru w’ Umudugudu wa Mwima nawe yagize ati” Twasubijwe kuko tugiye gusangira amakuru kandi akatugeraho icyarimwe”.

Meya Ntazinda atanga inama n’impanuro.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Bwana Ntazinda Elasme, washyikirije ibi byombi aba bayobozi, yabasabye ko bagomba gukoresha ibyombo bahawe kubafasha kugira imidugudu itekanye.

Ati” Turabasaba kuba aba mbere mu kugira imidugudu itekanye itarangwamo ibyaha”.

Meya Ntazinda, akomeza abibutsa ko bagomba gufata ibyombo bahawe neza cyane ko aribo babyiguriye bagahanahana amakuru ku buryo bwihuse, bagakora uko bashoboye bishakamo ibisubizo bakikemurira ibibazo, ibibananiye bakabibwira ubuyobozi bukabafasha.

Umurenge wa Busasamana n’umwe mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza, ubusanzwe hakunze kuvugwa ibyaha by’ubujura, ubusinzi n’ibindi. Ibyombo 41 byatanzwe mu mudugudu yose igize uyu murenge bikaba byaraguzwe bigizwemo uruhare n’abaturage 100%.

 

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga