• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
19/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
19/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
19/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel

Umusenateri n’Umudepite muri Madagascar bishwe n’icyorezo cy’indwara cya Covid-19

Umwanditsi
July 13, 2020

Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina kuri iki cyumweru tariki 12 Nyakanga 2020, yavuze ko umusenateri umwe hamwe n’umudepite umwe bapfuye nyuma yo kwandura icyorezo cya Coronavirus. Yavuze kandi ko hari abandi badepite n’abasenateri 14 banduye iki cyorezo.

Madagascar, imaze gutangaza abaturage bayo barenga 2 500 bamaze kwandura iki cyorezo, barimo 35 cyahitanye. Leta yemeza ko abandura bazaba benshi mu mpera z’ukwezi kwa munani.

Leta ya Madagascar yari iherutse gusubiza igice kinini cyayo kirimo n’umurwa mukuru Antananarivo muri gahunda ya Guma mu rugo, hari tariki 05 Nyakanga 2020 nyuma yo kubona ko hari ubwiyongere bw’icyorezo cya Coronavirus. Iyi gahunda ya Guma mu rugo byatangajwe ko izageza tariki 20 Nyakanga 2020.

Madagascar yavuzwe cyane mu makuru mu kwezi kwa gatanu ubwo Perezida Andry Rajoelina yatangazaga ko babonye umuti ushobora kuvura no kurinda iki cyorezo.
Uyu “muti” muri Madagascar bise CovidOrganics ukoze mu byatsi byitwa Artemisia bisanzwe bikoreshwa mu kuvura malaria, watanzwe henshi mu mashuri mu gihugu ndetse hari na bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika byawutumije.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5967 Posts

Politiki

4215 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga