• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Muhanga/Mushishiro: Nta bantu 2 baba mu muntu umwe mu kurwanya Coronavirus-Meya Kayitare

Umwanditsi
July 20, 2020

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Madamu Kayitare Jacqueline, kuri uyu wa 18 Nyakanga 2020, ari kumwe n’abagize Komite nyobozi y’Umuryango RPF-Inkotanyi ku rwego rw’Akarere n’abaturage b’Akagari ka Rwasare, Umurenge wa Mushishiro, aho batunganyaga ahagiye kubakwa ibyumba 9 by’amashuri y’uburezi bw’imyaka 12( 12YBE), yibukije ko uruhare rwa buri wese mu gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 rukenewe. Ko uwirinze aba arinze n’abandi bose.

Meya Kayitare yagize ati“ Nta muntu uberaho undi, nta bantu 2 baba mu muntu umwe, niyo mpamvu tugomba guha agaciro ubuzima tukirinda”. Yakomeje yibutsa buri wese ko amabwiriza yashyizweho mu kwirinda iki cyorezo agomba kubahirizwa uko ari, ko nta kuyakerensa.
Yagize kandi ati “ Gusuzugura amabwiriza ni ukwitesha agaciro no kwiyima ubuzima. Dukwiye kumenya ko kwirinda ari nako kurinda abandi”.

Mayor Kayitare Jacqueline/Muhanga.

By’umwihariko, kubera ko iki gikorwa ry’umuganda cyari cyateguwe na Komite Nyobozi y’Umuryango RPF-Inkotanyi ku rwego rw’Akarere, Meya Kayitare akaba na Chairperson w’Umuryango ku rwego rw’Akarere, yibukije ko nk’Inkotanyi bakwiye kuzirikana ibyiza bazibonyeho, ko ntagutsindwa kubaho muri gahunda n’ingamba by’Umuryango.

Ati“ Inkotanyi twazibonyeho ibyiza byinshi, ntihagira uzitobera, uzanduza kubera kwiyanduza no kwanduza ubuzima bwacu. Twikwanduza ibikorwa byiza dukora, ngo ni bahamagara abanyuranije n’amabwiriza yo kwirinda coronavirus udusangemo”.

Ahakozwe umuganda, hateganijwe kubakwa ibyuma 9 by’amashuri n’ubwiherero umunani. Bije gukemura ikibazo cy’abanyeshuri bakoraga urugendo rutari munsi ya Kilometero 18 bajya ahitwa ko ari hafi kwiga, hakaba n’abandi bambukaga Nyabarongo bajya mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Nyange kwiga. Aha ho uretse n’abana byagoraga, byari n’impungenge ku babyeyi ku mutekano w’abana babo by’umwihariko mu gihe Nyabarongo yabaga yuzuye.

Aha haratunganyirizwa umuhanda wari usanzwe ahabangamiye ahagomba kubakwa ibyumba by’amashuri.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga