• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
11/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
11/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
11/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kenya: Abakozi bashinzwe ubuzima barenga 900 banduye COVID-19 kuva muri Werurwe

Umwanditsi
September 18, 2020

Abakozi bashinzwe ubuzima barenga 900 bo mu gihugu cya Kenya basanzwemo coronavirus kuva iki gihugu cyatangaza iyi virus bwa mbere muri Werurwe uyu mwaka wa 2020.

Ibi byatangajwe n’umunyamabanga mukuru w’ubuzima, Dr. Mercy Mwangangi, kuri uyu wa kane tariki 17 Nzeri 2020, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku makuru ajyanye n’imiterere y’igihugu ku bijyanye n’iki cyorezo. Mwangangi yatangaje kandi ko abashinzwe ubuzima 16 bishwe na coronavirus.

Mwagangi yagize ati: “Kugeza ubu, kuva icyorezo cyatangira, abakozi bashinzwe ubuzima 945 banduye virusi ya corona, mu gihe 16 muri bo bahitanywe nayo mu ntara 35 zo muri iki gihugu”.

Guverinoma ya Kenya yari yabanje kwerekana ko byanze bikunze bamwe mu bakozi bashinzwe ubuzima bandura COVID-19 ariko kwandura ntabwo byari igihano cyo kwicwa kandi ko umuntu afite amahirwe menshi yo kuyikira.

Guverinoma yongeye gushimangira ko yiyemeje kurinda abakozi bayo bose b’imbere ibaha ibikoresho bya ngombwa byo kwikingira mu gihe bagiye mu nshingano zabo.

Muri icyo gihe kandi, Mwangangi yatangaje ko minisiteri yanditse dosiye 183 zemeza ko COVID-19 yibasiye abagera kuri 36.576.

Mwangangi yatangaje kandi ko abandi barwayi 82 bakize virusi bigatuma umubare w’abayikize bagera kuri 23,611. Hagati aho, abandi barwayi batanu bapfuye bazize iyo ndwara ituma abapfuye bagera kuri 642.

Mu gihe guverinoma ikomeje gufungura bimwe mu bikorwa by’ubukungu buhoro buhoro, abashinzwe ubuzima baraburira abantu ko bagomba kwirinda kwishima kuko ikicyorezo gishobora kwiyongera ku bwinshi.

Source: africa.cgtn.com

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga