• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/06/26
Remera Rukoma/Kwibuka32: Iyo hatabaho Inkotanyi na Perezida Paul Kagame Igihugu cyari kirangiye-Visi Meya Uzziel
07/06/26
Kamonyi-Rukoma: Depite Muzana Alice, yasabye abaturage kudahingira inda gusa, kurya
07/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Ibihe byo Kwibuka si ibihe byo kwiyamamaza cyangwa kwishakira icyubahiro-Zacharie Benedata/Ibuka
07/06/26
Ruhango-Bweramana: Polisi yataye muri yombi uwari wibye asaga Miliyoni na Magana arindwi (1,700,000Fr)

Namibia ikeneye miliyoni 1.8 z’amadolari yo kurwanya icyorezo cy’inzige

Umwanditsi
September 25, 2020

kuwa kane tariki ya 24 Nzeri 2020, Minisitiri w’ubuhinzi, Calle Schlettwein, yatangaje ko Namibia ikeneye amafaranga agera kuri miliyoni 30 z’amadolari ya Namibia (miliyoni 1.8 y’amadolari y’Amerika) kugira ngo bahangane n’icyorezo cy’inzige mu karere k’amajyaruguru y’iburasirazuba bwa Zambezi.

Schlettwein yavuze ko icyorezo cy’inzige zitukura zo muri Afurika zimuka cyagaragaye ku ya 12 Kanama 2020. Kuva icyo gihe, raporo igaragaza ko buri munsi zinjira mu gihugu.

Iki ni icyorezo cya kabiri mu karere ka Zambezi muri uyu mwaka gikurikira icya mbere muri Gashyantare 2020. Ubuso bwa kilometero kare 4.002 ni ukuvuga ahangana na hegitari 500 zangijwe n’inzige kugeza ubu.

Minisitiri yavuze ko Namibia ikeneye amafaranga kugira ngo yongere imbaraga nyinshi mu bijyanye n’abakozi, amato, ibikoresho birinda abakozi, ndetse n’ibindi bikoresho kugira ngo barwanye neza iki cyorezo.

Schlettwein yongeyeho ati: “Nyuma ya raporo zerekeye icyorezo cy’inzige, hashyizweho itsinda ryo gutera imiti rigizwe n’abakozi 35 bahuguwe mu buryo bwo kurwanya iki cyorezo mu bigo bitandukanye biteza imbere ubuhinzi mu gihugu hose”.
Source:Africa.cgtn.com

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5976 Posts

Politiki

4223 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga