• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
24/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
24/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
24/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo

Depite Habineza Frank avuga ko RURA yirengagije inyungu za rubanda mu kugena ibiciro by’ingendo

Umwanditsi
October 17, 2020

Intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepitse, Dr Habineza Frank avuga ko ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro-RURA, mu kugena ibiciro by’ingendo ngo cyabigennye mu nyungu z’abashoramari aho kureba mu nyungu za rubanda.

Dr Habineza Frank, intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko akaba n’umuyobozi w’ishyaka rya The Democratic Green Party of Rwanda( ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda), anenga RURA mu kugena ibiciro by’ingendo, aho avuga ko yabogamiye ku bashoramari aho kureba ku nyungu z’abagenzi.

Aganira n’ikinyamakuru intyoza.com, yagize ati” Ibi biciro RURA yatangaje, bigarara ko yabizamuye munyungu z’abashoramari ariko yirengagije inyungu za rubanda”.

Yongeyeho ati “ Mubyukuri abaturage barakennye kubera ingaruka z’iki cyorezo cya Covid-19, kabone niyo RURA yaba yarapanze kongera ibiciro mbere ya covid nkuko ibivuga, iki sicyo gihe kiza cyo kuzamura ibiciro”. Akomeza agira ati “ Turasaba RURA kwisubiraho vuba kugirango irengere rubanda”.

Mu gihe inama y’Abaminisitiri iherutse guterana tariki 12 Ukwakira 2020 igafata bimwe mu byemezo byoroshya ingamba za Covid-19, birimo ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange zongera gutwara abagenzi nkuko byari bisanzwe, benshi mu bari biteze ko ibiciro by’ingendo bigabanuka baratunguwe barimo n’intumwa ya rubanda Dr Habineza Frank usaba ko RURA ihindura, ikareba n’inyungu z’abagenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5986 Posts

Politiki

4233 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga