• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

2021: Twirinde buri wese yite kubandi-Perezida Kagame

Umwanditsi
December 31, 2020

Mu ijambo risoza umwaka wa 2020 ariko kandi rinatangira umwaka wa 2021, Perezida Kagame yagejeje ku Banyarwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020, yasabye buri wese kwita kubandi, yizeza ko bitewe no gushyira hamwe uyu mwaka mushya wa 2021 ushobora kuzaba mwiza kurusha uwawubanjirije.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul yavuze ko uyu mwaka mushya utangiye hari icyizere nubwo habayeho ibibazo bidasanzwe mu mwaka wa 2020. Ahamya ko ibyo bivuze ko abanyarwanda bashobora no gukora ibirenze igihe iki cyorezo kizaba kitagihari.

Yagize kandi ati “ Isomo twakuye muri uyu mwaka ushize ni uko iyo twitwaye neza tugashyira hamwe ntacyaduhungabanya. Twese tugomba gukomeza kuba maso mu mezi ari imbere igihe urukingo rwa Covid rutaratugeraho”.

Akomeza ati“ Kubera imbaraga zanyu, ubushake no gukunda Igihugu twese dufite, uyu mwaka utangiye uzaba mwiza kurusha uwo dusoje. Twirinde rero buri wese yite kubandi”.

Perezida Kagame avuga ko iri jambo ryari iryo gusoza umwaka no gutangiza undi, ko nta byinshi bindi byo kuvuga kuko yabivuze ubwo aheruka kugeza ku Banyarwanda ibijyanye nuko Igihugu gihagaze. Yifurije buri wese n’umuryango we umwaka mushya muhire wa 2021, kuzaba umwaka w’uburumbuke n’Umugisha w’Imana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga