• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Kamonyi: Abakozi bo mubutaka batishimiye imyanya mishya bahawe, banditse bisubiraho

Umwanditsi
January 20, 2021

Abakozi babiri bakoraga mu biro by’ishami rishinzwe iby’ubutaka( One Stop Centre) mu karere ka Kamonyi baherutse guhindurirwa imirimo bazizwa imikorere mibi yaranze iri shami, bagihindurirwa imirimo bahise bandika bajurira, bagaragaza ukutishimira iyi myanya ariko mu masaha make yakurikiye, bahise bisubiraho bagaragaza ko bemeye.

Aba bakozi banditse bisubiraho kubyo bari banditse mbere bagaragaza ukutishimira imirimo mishya bari bahawe ni; Gahungu Oswald na Musengarurema Cyriaque. Bombi nyuma yo kwandika batishimira imirimo mishya bahawe, bongeye kwandika bisubiraho bagaragaza ko noneho bishimiye iyi mirimo.

Imwe mu mpamvu batangaga bwa mbere, ubwo batishimiraga guhindurirwa imirimo, bagahitamo kujurira ni uko ngo ku mbonerahamwe nshya y’imirimo yagenewe uturere yasohotse kuwa 23 Kanama 2020 itagaragaragaho imyanya bahawe.

Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko nyuma y’uko aba bakozi bamenye ko nubwo bahinduriwe imirimo ariko ko hari na dosiye zabo zishobora kuba zazamurwa mu bugenzacyaha, ngo bahisemo kwisubiraho, bandika bemera imirimo mishya bahawe nkuko mu mabarwa yabo twabashije kubonera kopi bigaragara, aho mbere bajuriye ariko nyuma bakandika bemera iyi mirimo.

Mu myaya bari bahawe, Musengarurema Cyriaque yari yakuwe mu ishami ry’ubutaka aho yari ashinzwe gutanga ibyangombwa, ashyirwa mu ishami ry’amakoperative aho yashinzwe ibijyanye n’amakoperative n’iterambere ry’umurimo, mu gihe Gahungu Oswald yakuwe kubugenzuzi( Inspection) muri One Stop Centre agahabwa gukurikirana inyubako z’amashuri.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga