• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/04/26
Runda-Kwibuka32: Inkotanyi ni Ubuzima, tuzahora dushimira Umutima w’Urukundo n’Ubwitange-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
19/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
19/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi

Covid-19: Leta y’Ubwongereza yangiye abavuye DR Congo na Tanzania gukandagira ku butaka bwayo

Umwanditsi
January 22, 2021

Igihugu cy’Ubwongereza cyatangaje ingingo ibuza abagenzi bose bavuye muri DR Congo na Tanzania kwinjira ku butaka bwayo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Abinyujije kuri Twitter, Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu gihugu cy’ubwongereza Grant Shapps yavuze ko iyi ngingo igamije kwirinda ikwirakwira ry’ubwoko bushya bw’iyi Virus bwo muri Afurika y’Epfo.

Yanditse ati“ Abagenzi bose bavuye muri ibyo bihugu, uretse Abongereza n’abandi bafite uburenganzira bwo kuhatura, ntabwo bazemererwa kwinjira”.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama 2021 abagenzi 11 bavuye mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo bangiwe kwinjira mu bwongereza kubera impamvu nk’izi.

Mu gihe muri DR Congo hamaze gutangazwa abantu barenga gato 20,000 banduye icyorezo cya Coronavirus, uko ibintu byifashe muri Tanzania ntabwo bizwi kuko nta mibare Leta itangaza.

Mu kwa Gatandatu k’umwaka ushize, Perezida John Pombe Magufuri yatangaje ko “ Nta Coronavirus iri muri Tanzania” kubera amasengesho y’abaturage. Gusa ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima-OMS nkuko BBC ibitangaza, ryagiye ritangaza impungenge ritewe n’imigirire ya Leta ya Tanzania kuri iki cyorezo. Ntacyo abategetsi ba DR Congo na Tanzania baratangaza kuri iki cyemezo cya Leta y’Ubwongereza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5950 Posts

Politiki

4198 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga