• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/04/26
Rugalika-Kwibuka32: Dufite Umutima wuzuye Icyizere n’Imbaraga zo gukomeza kubaho-Benedata Zacharie
16/04/26
Rugalika/Kwibuka32: Imbaraga z’Ingabo zatsinze Abajenosideri ziracyahari kandi zikubye kenshi-Depite Nyabyenda Damien
16/04/26
Itangazo ry’Inyandiko Imenyesha Imikirize y’Urubanza Ahatazwi
16/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye

Kamonyi: Abagabo 4 bakekwaho gutuburira umuturage bamuha ibihumbi 100$ batawe muri yombi

Umwanditsi
March 17, 2021

Aba bagabo uko ari bane batawe muri yombi kuri uyu wa mbere tariki 15 Werurwe 2021 mu Mudugudu wa Nyarubaya, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Kayenzi, aho bakekwaho gushaka gutuburira umuturage bamuha ibipapuro bise amadolari ibihumbi 100, we akabaha ibihumbi 500 by’u Rwanda ngo akaziyungukira mu gihe azayavunjisha.

Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku bufatanye bw’inzego zitandukanye, Polisi ndetse n’abaturage b’Umurenge wa Kayenzi. Abafashwe, bari bitwaje agasanduku karimo ibipapuro hasi, ariko hejuru bahoroshe inoti z’amadolari mahimbano, aho uyu muturage yagombaga kubaha ibihumbi 500 by’u Rwanda, bakamuha ayo madolari ibihumbi ijana(100,000$), bamubwira ko we mu kuvunjisha aziyungukira.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi yabwiye intyoza.com ko nk’ubuyobozi basaba abaturage kwitwararika kuko abatekamitwe babaye benshi, ko abashaka kurya utw’abandi bataruhiye mu mayeri n’uburyo ubwo aribwo bwose badakwiye kubaha umwanya, ko ahubwo bakwiye kugira amakenga ndetse bakajya bihutira kumenyasha ubuyobozi bubegereye kugira ngo abantu nk’aba bafatwe, bashyikirizwe ubutabera.

Aba bagabo batawe muri yombi, icyita rusange kuri bo ni uko bose bakomoka mu Karere ka Rusizi. Umwe muri bo aba Rusizi, undi Kamonyi, mu gihe abandi babiri bibera mu Mujyi wa Kigali, naho ibikorwa byabo akenshi ngo bakaba babikorera kuri Terefone. Bamaze gufatwa, bashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Kayenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5949 Posts

Politiki

4197 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga