• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
13/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
13/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
13/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside

Namibia: Impinja ebyiri z’impanga zavutse ku batinganyi zemerewe gutaha mu gihugu

Umwanditsi
May 19, 2021

Leta ya Namibia yatanze inyandiko zihutirwa z’inzira ku mpinja z’abakobwa b’impanga bavuka ku batiganyi babiri bo muri iki gihugu, aba bamaze igihe bahirimbanira ko abana babo bemererwa kwinjira muri Namibia.

Mu kwezi kwa gatatu nibwo izi mpanga zabyawe n’umugore muri Africa y’Epfo hakoreshejwe ubuhanga n’amasezerano yo gutwitira abandi (surrogacy). Gusa izi mpinja zimwe ibyangombwa by’inzira byo kwinjira muri Namibia ahasanzwe haba Phillip Lühl, umuturage wa Namibia, n’umugabo we Guillermo Delgado ukomoka muri Mexique.

Mu kwezi gushize abo babana bahuje igitsina bareze mu rukiko minisiteri y’ubutegetsi ya Namibia, ariko ikirego cyabo kirangwa. Gusa Leta ubu yahaye inyandiko z’inzira aba bana, Guillermo Delgado ni we wazifashe mu byishimo, nk’uko umunyamakuru wa BBC muri Africa y’Epfo abivuga.

Umugabo we Phillip Luhl yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko ibi ari ukubahoza kuko ubu umuryango we ugiye kongera kuba hamwe.

Gusa avuga ko ubu ari bwo urugamba rutangiye, kuko kubona ubwenegihugu bw’aba bana babo biteze ko bizaba ikibazo kizakemurwa n’ubucamanza.

Aba bana b’impanga amazina y’aba ba se bombi ari ku cyangombwa cy’amavuko yabo. Gusa Leta ya Namibia yasabye ko batanga ibimenyetso by’umubiri byerekana ko Phillip Luhl ari umubyeyi (se) w’umubiri w’izi mpanga mbere yo kubaha ibyangombwa.

Phillip Luhl na Guillermo Delgado bavuga ko bakorewe ivangura, kuko indi miryango y’umugore n’umugabo cyangwa umugore wibana yo itajya isabwa ibyo byangombwa.

Mu cyumweru gishize iyi ‘couple’ yatanze ikindi kirego cyihutirwa ngo izo nyandiko ku bana babo zitangwe. Ariko izo nyandiko zizwi nka ‘brown passports’, ubundi zihabwa impunzi zidafite ibyangombwa zikagira agaciro k’umwaka umwe, Leta yazitanze mbere y’uko urukiko ruburanisha ikirego cyabo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5981 Posts

Politiki

4228 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga