• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
02/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
02/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka
02/05/26
Karama-Kwibuka32: Iyo twaje Kwibuka tuba twaje guhamya amateka yacu nk’Abanyarwanda-Alice Kayitesi

Umuhanda uhuza Kamonyi na Ruhango wongeye kuba Nyabagendwa nyuma y’imyaka isaga 3

Umwanditsi
December 19, 2022

Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri(9) kwa 2019 kugera kuri uyu wa 19 Ukuboza 2022, ikiraro cy’umuhanda uhuza akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango cyari cyarahejeje benshi mu bwigunge nyuma y’aho ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO( HOHO) ikinyuze hejuru yikoreye ibirenze ibyari bikwiye kukinyuraho ikagisenya. Iki kiraro kimaze iminsi gikorwa cyatumye imodoka zongera gucaho, umuhanda uba Nyabagendwa ku binyabiziga(imodoka).

Iki kiraro, isenyuka ryacyo ntabwo ryahungabanije gusa imihahirane n’imigenderanire hagati y’abaturage ba Kamonyi na Ruhango n’abandi, ahubwo cyanakomye mu nkokora ibikorwa by’ubukungu mu buhinzi bw’umuceri mu kibaya cya Mukunguri kuko abahinga hakurya y’ikiraro ku ruhande rwa Ruhango byabaye imbogamizi mu kwambutsa umusaruro bejeje bawuzana ahakorera Koperative ndetse n’uruganda rw’Umuceri rwa Mukunguri, kimwe n’ibindi nkenerwa mu buhinzi byari ikibazo kubageraho.

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukuboza 2022, umuhanda wongeye kunyurwaho n’imodoka nyuma y’imyaka isaga 3.

Kuba iki kiraro gikozwe, imodoka zikongera kukinyuraho, bigiye korohereza abaturage b’uturere twombi ndetse n’abaturuka ahandi bahanyura kuko aha ni imwe mu nzira ya bugufi, ihendutse kubatuye n’abagana muri ibi bice kuko mbere byabasabaga kujya kuzenguruka Muhanga mu gihe babaga batwawe n’imodoka zaba ntoya cyangwa nini.

Igihe HOWO(HOHO) yagisenyaga.

Soma hano inkuru ikubwira imihangayiko byateye abaturage; Kamonyi/Ruhango: Abakoresha ikiraro cya Mukunguri barahangayitse bikomeye

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5956 Posts

Politiki

4204 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga